Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu taliki 04 Gicurasi 2024, imirwano ikomeye yari ihanganishije M23 na FARDC n’abambari bayo, yabereye muri Teritwari ya Masisi, Gurupoma ya Mupfunyi Shanga, mu birometero 15 uvuye Bweramana yasize inyeshyamba za M23 zegukanye uduce twa Bitonga na Kalungu.
Kivu Morning Post yatangaje ko mbere y’uko M23 ifata ibyo bice, imirwano yabanje gusatira Bweramana, mu gihe ngo abaturage ba Bitonga, Bishange, Kashenda na Bweramana batinyaga uburyo M23 isubiza FARDC ikoresheje ibisasu biremereye n’imbunda ziremereye ziri i Minova.
Ngo abaturage bahungiraga mu midugudu itandukanye muri Kalehe no muri Centre ya Minova, aho ngo abaturage bari mu cyobo kubera intwaro ziremereye ziri kurasira hafi yabo.
Amakuru avuga ko agace ka Bitonga M23 yigaruriye ku wa Gatandatu taliki 04 Gicurasi 2024, kareba imijyi ya Minova muri Kivu y’Amajyepfo na Bweramana muri Masisi.
Bivugwa ko kwegera imbere kw’inyeshyamba za M23 muri kariya gace, bizabafasha kwihuta berekeza i Kalungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Uduce twa Bitonga na Kalungu twongewe ku rutonde rw’ahantu M23 imaze kwigarurira.