Saturday, May 18, 2024
HomeAMAKURUUwera Pacifique uyobora BTN TV ari mu maboko ya RIB

Uwera Pacifique uyobora BTN TV ari mu maboko ya RIB

Uwera Pacifique Ahmed, Umuyobozi wa BTN TV, akaba na nyirayo, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye.

Uwera aregwa kuba yaragiye atanga sheki zitazigamiye mu bihe, ubwo yaguraga ibikoresho bitandukanye birimo na Televiziyo.

Uwera yagiye atanga sheki zitazigamiye mu bihe bitandukanye muri Mata 2023 no muri Kanama 2023, zose zifite agaciro karenga miliyoni 11 Frw, nk’uko RIB yabigaragaje.

Uwera Pacifique Ahmed yatawe muri yombi nyuma y’uko atumijwe n’Ubugenzacyaha inshuro nyinshi ngo abazwe ku byaha aregwa, ariko akanga kwitaba.

Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yahamije aya makuru avuga ko uwafashwe afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura, mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko.

Yagize ati: “Arakekwaho gutanga sheki itazigamiye, ni icyaha gihanwa n’amategeko. Uwera Pacifique yatumijwe kenshi n’Ubugenzacyaha arinangira, agumya kwihisha Ubugenzacyaha, icyagombaga gukurikiraho ni ukuzanwa ku gahato.”

Umuvugizi wa RIB yaboneyeho gutanga ubutumwa, aho yagize ati: “Ntabwo ari byiza kwinangira igihe wahamagajwe n’Umugenzacyaha. Ibi bigabanyiriza amahirwe uwatumijwe yo gukurikiranwa adafunze, kuko uba wagaragaje ko utaboneka igihe Ubugenzacyaha bwagushakiye. Ni byiza kwitaba Ubugenzacyaha igihe uhamagajwe, nubwo waba hari ibyaha ukekwaho, haba hari amahirwe menshi yo kwisobanura ugataha.”

RIB iributsa Abaturarwanda bose ko itazihanganira uwo ari we wese ukora icyaha nk’iki cyo gutanga sheki itazigamiye, inakangurira abantu kucyirinda kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi ko ubikoze wese azafatwa agashyikirizwa ubutabera.

Icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye giteganywa n’ingingo ya 126 y’itegeko rigenga inyandiko zishobora gucuruzwa.

Iyo umuntu agihamijwe n’Urukiko ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri ariko itarenze itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye kuva ku nshuro eshanu ariko zitarenze inshuro icumi z’agaciro k’amafaranga ari kuri iyo sheki.

Loading

Phil Juma
Phil Jumahttp://wwww.umurunga.com
Umwanditsi w’ikinyamakuru www.umurunga.com
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

Recent Comments

Habyarimana Jean Marie vianney on Umwalimu Sacco bafite ibibazo uruhuri,umuti ni uwuhe?
Maria on Pillow
Maria on Potted Plant
Maria on Peaches
Maria on Serving Platter
Maria on Lavender
Ryan on Peaches
Stuart on Peaches
Dan on Potted Plant
Coen Jacobs on Classy Globe
Coen Jacobs on cup
Magnus on Soap
Cobus Bester on Serving Platter
Cobus Bester on Plant
Cobus Bester on Fashion cap
Andrew on Lavender
Cobus Bester on Soap
James Koster on Soap
James Koster on cup