Home AMAKURU Kicukiro: Polisi yafunze abantu 10 bazira kwica urubozo umusore w’Umurundi
AMAKURU

Kicukiro: Polisi yafunze abantu 10 bazira kwica urubozo umusore w’Umurundi

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yatangaje ko hari abantu 10 batawe muri yombi, bakekwaho kwica urubozo umusore ukomoka mu gihugu cy’u Burundi.

Aya makuru yemejwe na Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X, ubwo yasubizaga ubutumwa bw’umuryango wo mu Burundi witwa ARERE-TWIBEKO watabarizaga uwo musore witwa Haberumugabo Guy Divin uvuga ko asanzwe yiga mu mujyi wa Kigali.

Mu butumwa uyu muryango washyize ku rukuta rwa X, wavugaga ko uyu musore yamaze iminsi 8 afungiye mu nzu yicwa urubozo.

Uyu muryango ukomeza usobanura ko mu basore bakubise Haberumugabo w’imyaka 19 y’amavuko hamenyekanyemo babiri, barimo umwe witwa Kevin wanafashwe agafungwa na RIB ariko nyuma umubyeyi we bivugwa ko yaba ari umusirikare ukomeye mu gihugu cy’u Rwanda yaba yarahise amufunguza.

Wakomeje uvuga ko undi wamenyekanye ari uwitwa Adolphe we bikaba bivugwa ko yaba yaravuye aho bita i Nyamirambo  mu Mujyi wa Kigali aje gufasha inshuti ze guhohotera uwo mwana w’Umurundi.

Bivugwa ko aya makuru yatanzwe n’umuntu utuye aho yiciwe urubozo wamwumvise atabaza.

Polisi yavuze ko yamaze kumenya amakuru y’ihohorerwa ryakorewe Haberumugabo yayamenye, ndetse ko abantu 10 bakekwa bamaze gufatwa mu gihe hari n’abandi bafatanyije na bo bagishakishwa ngo bazashyikirizwe ubutabera.

Polisi yagize iti: “Aya makuru y’ihohoterwa ry’uyu musore twaramenye ndetse dufatanyije na RIB abacyekwa 10 bamaze gufatwa bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyarugunga mu gihe abandi bafatanyije na bo barimo gushakishwa kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera.”

Polisi ikomeze ivuga ko uwahohotewe ari kuvurirwa ku Bitaro bya Masaka, iboneraho no kumwifuriza kurwara ubukira.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

Don`t copy text!