Home AMAKURU Imodoka iherutse kugwa mu kiyaga cya Burera yarohowe
AMAKURU

Imodoka iherutse kugwa mu kiyaga cya Burera yarohowe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kurohora imodoka iherutse kugonga igiti igata umuhanda ikagwa mu kiyaga cya Burera, aho babiri bari muri iyo modoka barokotse iyo mpanuka yari ikomeye.

SP Jean Bosco Mwiseneza, uvugira Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru yatangaje ko iyo modoka yakoze iyo mpanuka ku wa 01 Kanama 2024, ubwo yari igeze mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kagogo ho mu Kagari ka Kabaya.

Yagize ati: “Iyo modoka Voiture Avensis RAH 106 R, ubwo yari mu muhanda w’itaka iva Kinyababa yerekeza Kidaho, yagonze igiti kiri munsi y’umuhanda iribirindura igwa mu kiyaga cya Burera, hakomereka umushoferi uwo bari kumwe ntiyagira icyo aba, uwakomeretse yajyanywe mu Bitaro bya Ruhengeri aravurwa arataha.”

Bamwe mu baturage babonye iyo mpanuka iba, bavuga ko impamvu umushoferi ariwe wenyine wakomeretse ngo nuko imodoka yageze muri icyo kiyaga akiyirimo, mu gihe uwo bari kumwe ngo imodoka ikimara kugonga igiti yanyuze mu idirishya agwa hanze ku bw’amahirwe ntiyakomereka, imodoka irabirinduka igera mu kiyaga yamaze kuyivamo.

Hahise hakorwa ubutabazi bw’ihuse, uwakomeretse afashwa kugera kwa muganga, hakurikiraho igikorwa cyo gushaka uko iyo modoka ikurwa mu kiyaga.

SP Mwiseneza yakomeje avuga ko ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage iyo modoka yakuwe mu kiyaga hifashishijwe imodoka ya kabuhariwe mu guterura ibintu biremereye.

Yavuze ko kandi iyo modoka yangiritse cyane, hakaba hakomeje gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

SP Mwiseneza yaboneyeho kugira inama abatwara ibinyabiziga kwirinda uburangare mu gihe batwaye, abasaba kujya bagira ubushishozi igihe cyose batwaye.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!