Home AMAKURU Uganda baburiwe babwirwa ko bagomba kuba maso
AMAKURU

Uganda baburiwe babwirwa ko bagomba kuba maso

Nyuma yo kwikanga abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF bambutse umupaka mu mpera z’icyumweru gishize, inzego z’umutekano za Uganda zatangaje ko ziryamiye amajanja.

Ku migambi yo kugaba ibitero by’iterabwoba mu bice by’imijyi bya Uganda, abarwanyi ba Allied Democratic Forces (ADF), bafite ibirindiro mu Burasirazuba bwa RD Congo, bambutse umupaka wa Uganda ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Col Deo Akiiki, umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, UPDF, yasabye abaturage kuryamira amajanja kugira ngo batagirwaho ingaruka n’ibitero by’iterabwoba bya ADF.

Mu itangazo yasohoye ryagiraga riti “Uyu mutwe bikekwa ko uyobowe n’icyihebe Ahamed Muhamood Hassan, uzwi nka Abu Waqas, umuhanga mu by’ibisasu wavukiye muri Tanzania.”

Abaturage basabwe kumenyesha inzego z’umutekano uwo ariwe wese cyangwa itsinda ry’abantu bakeka ko baba ari abo muri uyu mutwe.

ADF ifitanye imikoranira ya hafi n’umutwe wa Islamic State, yagiye ishinjwa kugaba ibitero i Kampala nk’uko bitangazwa na BBC.

Uganda na RDC bifatanyije byagerageje kurwanya uyu mutwe mu 2021 ariko ntibyabakundira, gusa Perezida wa Uganda yajyaga atangaza ko ibitero bagabye byahitanye bamwe barimo n’abayobozi bawo.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!