Monday, June 24, 2024
spot_img
HomeAMAKURUUganda baburiwe babwirwa ko bagomba kuba maso

Uganda baburiwe babwirwa ko bagomba kuba maso

Nyuma yo kwikanga abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF bambutse umupaka mu mpera z’icyumweru gishize, inzego z’umutekano za Uganda zatangaje ko ziryamiye amajanja.

Ku migambi yo kugaba ibitero by’iterabwoba mu bice by’imijyi bya Uganda, abarwanyi ba Allied Democratic Forces (ADF), bafite ibirindiro mu Burasirazuba bwa RD Congo, bambutse umupaka wa Uganda ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Col Deo Akiiki, umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, UPDF, yasabye abaturage kuryamira amajanja kugira ngo batagirwaho ingaruka n’ibitero by’iterabwoba bya ADF.

Mu itangazo yasohoye ryagiraga riti “Uyu mutwe bikekwa ko uyobowe n’icyihebe Ahamed Muhamood Hassan, uzwi nka Abu Waqas, umuhanga mu by’ibisasu wavukiye muri Tanzania.”

Abaturage basabwe kumenyesha inzego z’umutekano uwo ariwe wese cyangwa itsinda ry’abantu bakeka ko baba ari abo muri uyu mutwe.

ADF ifitanye imikoranira ya hafi n’umutwe wa Islamic State, yagiye ishinjwa kugaba ibitero i Kampala nk’uko bitangazwa na BBC.

Uganda na RDC bifatanyije byagerageje kurwanya uyu mutwe mu 2021 ariko ntibyabakundira, gusa Perezida wa Uganda yajyaga atangaza ko ibitero bagabye byahitanye bamwe barimo n’abayobozi bawo.

Loading

Umurunga.com
Umurunga.comhttp://umurunga.com
Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!