Home AMAKURU Kigali:Impushya za burundu hari ikigo zigiye kujya zikorerwamo nta mu Polisi
AMAKURU

Kigali:Impushya za burundu hari ikigo zigiye kujya zikorerwamo nta mu Polisi

Mu Rwanda huzuye Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gutwara Ibinyabiziga hakoreshejwe Ikoranabuhanga, giherereye mu Busanza ho mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Werurwe 2024, ni bwo Polisi y’Igihugu yasobanuriye abanyamakuru imikorere y’iki kigo ndetse baranagisura.

Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gutwara Ibinyabiziga hakoreshejwe Ikoranabuhanga kigizwe n’inyubako, ibibuga bikorerwamo ibizamini ndetse n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu gukora ibizamini.

Ibizamini bikorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga birimo ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo, icyo gutwara ipikipiki, icyo gutwara imodoka gikorerwa mu kibuga n’icyo gutwara imodoka mu muhanda.

Iki kigo nigitangira gukora, biteganyijwe ko uzaba agiye gukora ikizamini azajya yiyandikisha ku Rubuga rwa Irembo, ahitemo umunsi, itariki n’isaha azakoreraho.

Ikoranabuhanga rizakoreshwamo rizajya rinafasha mu gusuzuma ugiye gukora ikizamini ingingo z’umubiri zirimo amaso n’amatwi.

Bitewe n’uburyo iki kigo cyubatse n’ikoranabuhanga gifite, ibizamini bizatangwa ari ryo ryifashishijwe. Nk’abakora ibyo gutwara ipikipiki bazajya bakora ikizamini cyo kunyura mu munani, guhunga inzitizi, kunyura mu kayira gafunganye no guhagarara bitunguranye.

Abakora ibizamini byo gutwara imodoka na bo bazajya bakora icyo aho batangirira ikizamini, guhagarara ku buhaname, guhunga inzitizi, aho banyura bazenguruka, guparika ku ruhande, guparika basubira inyuma, aho bahindurira amavitesi, guhagarara bitunguranye n’aho basoreza ikizamini.

Ukora ikizamini cyo gutwara imodoka atangira afite amanota 100% ariko bibarwa ko yatsinze iyo yagize atari munsi ya 80%. Ni ukuvuga ko uko akora ikosa, amanota agenda avaho.

Ikoranabuhanga ni ryo rimenyesha umuntu ko yatsinze

Munsi y’ikibuga gikorerwamo ibizamini hashyizwemo ikoranabuhanga rigenzura niba uri gukora ikizamini yakoze ikosa noneho rigatanga amakuru mu mashini yandika amanota.

Ugiye mu kizamini, yicara mu modoka iba irimo indangururamajwi imubwira kugitangira n’andi makuru atandukanye.

Muri Control Room, ahari icyumba kigenzurirwamo uburyo ikizamini gikorwa, haba umuntu ushobora gufasha uri gukora ikizamini. Nk’iyo ushaka kubaza ibyo udasobanukiwe, urahamagara (mu modoka zikorerwamo ikizamini habamo uburyo bwo guhamagara) ukabaza ikibazo cyangwa icyo ushaka gusobanuza bakagufasha. Mu modoka zikorerwamo ibizamini, uhitamo ururimi ushaka kumviramo amabwiriza, yaba Ikinyarwanda cyangwa Icyongereza. Ayo mabwiriza ni akubwira gutangira ikizamini, ikosa wakoze, niba watsinze cyangwa watsinzwe.

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!