Home AMAKURU Rwamagana: Umusore ukekwaho kwica nyina yatawe muri yombi
AMAKURU

Rwamagana: Umusore ukekwaho kwica nyina yatawe muri yombi

Umusore w’imyaka 30 y’amavuko witwa Umuhire Evode wo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Rubona akurikiranyweho kwica atemye nyina umubyara.

Nyakwigendera Nyirambonabucya Eshter wari umubyeyi w’uwo musore yari atuye mu Kagari ka Nawe mu Mudugudu wa Cyiri.

Gitifu w’Umurenge wa Rubona, Mukashyaka Chantal yemeje ko uwo musore akurikiranyweho kwica nyina amutemye.

Yabwiye bagenzi bacu bandikira Rubanda ko abaturage n’inzego z’umutekano bihutiye gutabara bata muri yombi uwo musore.

Yagize ati:”Abaturage bahise bafata uwo musore kugeza ubu ari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubona.”

Gitifu Mukashyaka yavuze ko nta makimbirane azwi uwo musore yari asanzwe afitanye n’umubyeyi we, gusa hari abaturanyi bavuga ko ngo yari afite uburwayi bwo mu mutwe.

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!