Home AMAKURU Nyamasheke: Umugore ukekwaho gutera ibyuma umugabo we yaburiwe irengero
AMAKURU

Nyamasheke: Umugore ukekwaho gutera ibyuma umugabo we yaburiwe irengero

Mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Gihombo umugore ukekwaho gutera ibyuma umugabo we akamukomeretsa bikabije, ari gushakishwa.

Nyirabutoragurwa Rachel w’imyaka 38 y’amavuko ni we ukekwaho gukora aya mahano yakozwe mu ijoro ryo ku wa 22 Gashyantare 2024, mu Murenge wa Gihombo, mu Kagari ka Mubuga ho mu Mudugudu Mubuga.

Ntawunganyimana Jaques w’imyaka 34 y’amavuko ni we watewe ibyuma agakomeretswa ku bitugu byombi.

Uwo mugore biravugwa ko asanzwe azwiho gukora ibidakwiye, akaba azwiho ubusinzi bikabije, guhohotera umugabo we anamuca inyuma.

Uhoraningoga Simon, Umuyobozi w’Umudugudu wa Mubuga, yavuze ko amakimbirane yo muri urwo rugo amaze igihe kirekire.

Yagize ati: “Hari igihe umugore azindukira mu kabari agacyurwa n’igicuku, agataha akinguza umugabo n’abana babo 5 hakaba n’igihe umugore araye iyo, akaza mugitondo umugabo atazi iyo yaraye yamubaza induru zikavuga.”

Avuga k’umunsi uwo mugore yateyeho ibyuma umugabo we, yavuze ko abaturanyi bumvise induru bakagira ngo ni amakimbirane yabo asanzwe, bahurura bagasanga umugabo ari kuboroga yigaragura hasi.

Ati: “Kuva iryo joro umugore ari gushakishwa yarabuze, umugabo yavuye kwa muganga ariko asiba rimwe ubundi akajya kwipfukisha.”

Niyitegeka Jerôme, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihombo yatangarije Imvaho Nshya ko hakomeje gushakishwa uyu mugore kandi ko hari icyizere ko azafatwa akaryozwa urugomo yakoze.

Yaboneyeho no kugira inama abaturage bakirinda kumena amaraso mu gihe bafitanye ibibazo bakegera ubuyobozi bukabafasha kubikemura.

Yagize ati: “Babyirinde kuko iyo batangiye batyo hakurikiraho gukora ibyaha, kandi bihanwa n’amategeko.”

Umugabo watewe ibyuma we arasaba ko umugore yashakishwa agafatwa agahanwa akabera urugero abandi.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!