Ibi bije nyuma yβuko abantu benshi batanze ubusabe, bavuga ko bikwiriye gushyirwaho kandi camera ntizishyirwe ahantu hihishe nkuko byajyaga bikorwa na polisi.
Kuva ku wa Gatatu nibwo ibi byapa byatangiye gushyirwa mu mihanda itandukanye. Bigomba gushyirwa mu gihugu hose. Biri gushyirwa ku cyapa kiranga umuvuduko ntarengwa.
Umuvugizi wβIshami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere RenΓ©, yavuze ko ikigamijwe ari ukwigisha abantu no kubafasha gukurikiza amategeko yβumuhanda.
Ati βIcyo tugamije ni ugukumira, ntabwo tugamiije kwinjiza amafaranga nkβuko abantu babitekereza. Umuntu nabwirwa ko imbere hari camera, azajya agenda ku muvuduko ujyanye nβicyapa.β
SSP Irere yavuze ko nyuma hazakorwa igenzurwa, rizagaragaza umusaruro wβibi byapa, harebwe niba hari icyo byamariye abatwara ibinyabiziga.
Ati :βBigomba gushyirwa mu gihugu hose, byatangiye gushyirwaho ku wa Gatatu.β
Mu Ukwakira, Umuyobozi Mukuru wa Polisi yβIgihugu, IGP Felix Namuhoranye, yabwiye abanyamakuru ko Polisi idacuruza amakosa ari na yo mpamvu ibi byapa bigiye gushyirwaho.
Ati :βIkigenderwa si ukugira ngo bakubwire aho Camera iri kugira ngo ugende buhoro, nuharenga wihute, ahubwo ni ukugira ngo dukureho urwo rujijo, ntabwo ducuruza amakosa.β
Mu minsi iri imbere, Polisi yβu Rwanda irateganya kandi gukoresha Camera zo mu muhanda mu kugenzura niba ikinyabiziga gifite ubwishingizi, niba umushoferi yambaye umukandara, niba imodoka ifite Controle technique nβibindi.

