Sunday, June 23, 2024
spot_img
HomeAMAKURUGasabo: Gitifu wahoze ayobora Gisozi na Comptable we bakekwaho kunyereza Miliyoni icumi...

Gasabo: Gitifu wahoze ayobora Gisozi na Comptable we bakekwaho kunyereza Miliyoni icumi y’irondo

Mu karere ka Gasabo haravugwa inkuru y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimironko Madamu Musasangohe Providence na Uwizeyimana Solange wari comptable we bakurikiranyweho kunyereza umutungo w’amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni icumi y’irondo.

Aya mafaranga bivugwako yakoreshejwe nabi akaba atarabonewe ibisobanuro ngo yari agenewe kwishyurwa abanyerondo,ibi bikaba byarabaye ubwo yayoboraga umurenge wa Gisozi.

Uyu Musasangohe Providence bivugwako iyi Dosiye aregwamo ayihuriyemo na Comptable, dosiye ifite numero RP/ECON 00032/2023/TGI/GSBO mu rukiko rw’ibanze rw’akarere ka Gasabo.

Aba bombi bakaba bari gukurikiranwa badafunzeย  kukoย  Musasangohe ayoboye umurenge wa Kimironko.

Ubushinjacyaha burabasabira gufungwa imyaka 15 bagatanga ihazabu ya miliyoni 36 igihe urukiko rwabahamya iki cyaha.

Musasangohe kuri ubu ayobora umurenge waย  Kimironko mu karere ka Gasabo n’ubundi.

Ibi bimenyekanye nyuma y’uko byakomeje kuba ibanga, ni mugihe abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirengeย  bari bamaze iminsiย  bimuwe aho bari basanzwe mu ri kano karere ka Gasabo .Bikekwa ko yaba yarimuwe kugirango hakorwe iperereza ryimbitse kuri iki cyaha.

Musasangohe Providence ku waย  06 Ukwakira 2023, Umujyi wa Kigali wamwandikiye ibaruwaย  imusaba kwihutira kwimuka no gutegura ihererekanya bubasha ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gisozi.

Ibaruwa imwimura mu murenge wa Gisozi imujyana Kimironko

Twagerageje kuvugisha Umujyi wa Kigali kuri aya makuru ngo tumenye koko niba yaba ari impamo ntibyadukundira, nibagira amakuru badutangariza tuzayabagezaho.

Bimaze igihe hirya no hino havugwa imicungirwe n’imikoreshereze idahwitse y’amafaranga y’irondo aho bamwe mu banyerondo banavugako badahembwa.

Loading

Sam Kabera
Sam Kaberahttp://wwww.umurunga.com
๐Ÿ“žor Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!