Home AMAKURU Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore we amusanze iwabo aho yari yarahukaniye
AMAKURU

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwica umugore we amusanze iwabo aho yari yarahukaniye

Umugobo wo mu Karere ka Ruhango aravugwaho kwica umugore we amusanze iwabo mu Karere ka Nyanza aho yari yarahukaniye.

Ibi byabaye mu gicuku cyo ku wa Gatandatu taliki 09 Ugushyingo 2024, bibera mu Mudugudu w’Akintare, Akagari ka Mulinja, Umurenge wa Kigoma ho mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko uwitwa Dusingizimana Obed utuye mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Ntongwe mu Kagari ka Gako mu Mudugudu wa Gikoma, yagiye mu Murenge wa Kigoma, Umudugudu w’Akintare ahakurikiranye umugore we witwa Ingabire Cansilide w’imyaka 24 y’amavuko.

Ngo yamuteye mu nzu ya se aho yari yarahukaniye kubera amakimbirane ashingiye ku businzi bw’uwo mugabo bari bafitanye.

Birakekwa ko umugabo yasanze uwo mugore mu nzu amutera ibyuma, aramukomeretsa bikabije ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Busoro, ahageze ahita yoherezwa ku Bitaro bya Nyanza ahageze yitaba Imana.

Ndayisenga John, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mulinja, yabwiye itangazamakuru ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangiye iperereza.

Ndayisenga yasabye abaturage kwirinda amakimbirane niba hari ikibazo bajya babibwira ubuyobozi bukabikemura.

Ukekwa yatawe muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ntongwe kugira ngo akurikiranwe. Nyakwigendera asize umwana umwe w’imyaka 2 y’amavuko.

Src: Umuseke

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

Don`t copy text!