Home UBUZIMA Abaganga bo mu Bwongereza bategetswe kujya babaza abarwayi b’abagabo niba batwite
UBUZIMA

Abaganga bo mu Bwongereza bategetswe kujya babaza abarwayi b’abagabo niba batwite

Abaganga bo mu Bwongereza bategetswe n’Ikigo gishinzwe ubuzima muri iki gihugu, NHS, kujya babanza kubaza abarwayi b’abagabo niba batwite mbere yo kubanyuza mu cyuma gisuzuma uburwayi bw’imbere mu mubiri.

NHS yafashe iki cyemezo nyuma y’aho umugabo wihinduje igitsina agaragaje impungenge z’ubuzima bwe bw’umwana atwite bushobora guhungabanywa n’icyuma cyo kwa muganga aherutse kunyuramo.

Iki kigo cyasabye abaganga kutajya bakeka igitsina cy’abarwayi bafite imyaka iri hagati ya 12 na 55 y’amavuko, ahubwo ko bakwiye kujya babaha impapuro zo kuzurizaho niba batwite cyangwa badatwite.

Ikinyamakuru The Telegraph cyasobanuye ko abaganga batangaza ko hari abarwayi batakiriye neza aya mabwiriza, kuko badasobanukiwe impamvu babazwa niba batwite kandi ari abagabo.

Bamwe mu baganga bandikiye NHS bayisaba ko yakuraho aya mabwiriza igasubizaho ayari asanzweho kuko ngo gutandukanya umugabo n’umugore bidasaba kubanza kubaza igitsina.

Umwe muri abo baganga witwa Dr Louise Irvine, yagize ati: “Kuko bidashoboka ko umugabo atwita, nta mpamvu yo kubaza abagabo niba batwite. Aya mabwiriza yo kunyura mu cyuma yahindanyije ibintu ubwo hashyirwagaho ibyo kwihinduza igitsina.”

Mu Bwongereza by’umwihariko mu Murwa Mukuru i Londres, abaganga batangiye guha abarwayi b’abagabo izo mpapuro zibabaza niba batwite.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UBUZIMA

Umugabo arashinja Ibitaro bya Kibagabaga uruhare mu rupfu rw’umwana we

Mu gitondo cyo ku wa Mbere taliki 31 Werurwe 2025, umugabo witwa...

UBUZIMA

Papa Francis yagaragaye mu ruhame

Kuri iki Cyumweru,Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Fransisiko yagaragaye bwa...

UBUZIMA

Gatsibo -Gasange: Urupfu rwa Uwajeneza rwashenguye benshi

Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Gasange haravugwa urupfu rutunguranye rw’Umubyeyi witwa...

UBUZIMA

Impinduka zari zitegerejwe mu misanzu ya pansiyo zemejwe bidasubirwaho

Kuri uyu wa Gatanu taliki 13 Ukuboza uyu mwaka, u Rwanda rwemeje...

Don`t copy text!