Home AMAKURU Umushumba yirukanywe mu kazi ahita atwika inzu ya Sebuja nawe ahiramo
AMAKURU

Umushumba yirukanywe mu kazi ahita atwika inzu ya Sebuja nawe ahiramo

Kenya: Umugabo wari usanzwe ukora akazi ko kuragira inka n’andi matungo, yirukanywe mu kazi na Sebuja, kubera umujinya mwinshi atwika inzu yabagamo n’ibikoresho byabagamo maze nawe ahira muri iyo nzu arapfa.

Polisi ya Kenya yatangaje ko uwo mugabo utaramenyekana imyirondoro ye, uri mu kigero cy’imyaka 36 y’amavuko, yari asanzwe akora akazi ko kuragira inka, ubwo yari yirukanywe mu kazi yahise agira umujinya atwika inzu yabagamo ndetse n’ibindi bikoresho byifashishwaga mu bworozi bihinduka umuyonga nawe ayihiramo arapfa.

Ntabwo haramenyekana icyo uyu mushumba yapfaga na Sebuja kugira ngo amwirukane, ibi byamuteye kugira uburakari bukabije bwatumye yitwikira mu nzu.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Rusizi: Abagabo babiri bafatiwe mu cyuho batera amabuye ku nzu y’uwarokotse Jenoside

Inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Rusizi zataye muri yombi abagabo babiri...

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

Don`t copy text!