Home UBUZIMA Mu Rwanda hageze indwara y’Ubushita bw’Inkende/ RBC yatangaje umubare w’abayanduye
UBUZIMA

Mu Rwanda hageze indwara y’Ubushita bw’Inkende/ RBC yatangaje umubare w’abayanduye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko indwara y’Ubushita bw’inkende izwi nka Monkeypox, yageze mu Rwanda.

RBC yavuze ko abantu babiri bari bamaze iminsi bakorera ingendo mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari bo bagaragaweho n’icyo cyorezo.

Dr. Edson Rwagasore, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe rishinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo muru RBC, yabwiye igitangangazamakuru cy’igihugu ko ababonetse ari umugabo w’imyaka 34 y’amavuko n’umugore w’imyaka 33 y’amavuko.

Yagize ati: “Abarwayi bose twasanze barakunze kugirira ingendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Indwara y’Ubushita bw’Inkende imaze iminsi igaragara mu bihugu bitandukanye.”

Dr Rwagasore yaboneyeho gusaba Abaturarwanda gufata ingamba zikomeye zirimo “Kwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina n’ufite ibyo bimenyetso, kugira umuco wo gukaraba intoki hakoreshejwe amazi meza n’isabune.”

Yavuze ko kandi hashyizweho itsinda ry’abaganga riri gusuzuma mu bice bitandukanye bakabaza ibibazo bijyanye n’ubu burwayi.

Ubu burwayi bwandura cyane binyuze mu gukora ku muntu uburwaye, cyangwa amatembabuzi y’uburwaye.

Ahandi ishobora kwandirira ni mu mibonano mpuzabitsina, gusomana cyangwa gusuhuzanya n’ufite ubwo burwayi.

Ibimenyetso bya Monkeypox ni ukugira umuriro, kubabara umutwe, kuribwa mu ngingo n’ibiheri ku mubiri biryaryata bikunze gufata imyanya ndangagitsina, mu maso, mu biganza no ku maguru.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UBUZIMA

Umugabo arashinja Ibitaro bya Kibagabaga uruhare mu rupfu rw’umwana we

Mu gitondo cyo ku wa Mbere taliki 31 Werurwe 2025, umugabo witwa...

UBUZIMA

Papa Francis yagaragaye mu ruhame

Kuri iki Cyumweru,Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Fransisiko yagaragaye bwa...

UBUZIMA

Gatsibo -Gasange: Urupfu rwa Uwajeneza rwashenguye benshi

Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Gasange haravugwa urupfu rutunguranye rw’Umubyeyi witwa...

UBUZIMA

Impinduka zari zitegerejwe mu misanzu ya pansiyo zemejwe bidasubirwaho

Kuri uyu wa Gatanu taliki 13 Ukuboza uyu mwaka, u Rwanda rwemeje...

Don`t copy text!