Home AMAKURU Rutshuru: Indege z’intambara za Suhkoi ziri kumisha ibisasu ahari ibirindiro bya M23
AMAKURU

Rutshuru: Indege z’intambara za Suhkoi ziri kumisha ibisasu ahari ibirindiro bya M23

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 18 Gicurasi 2024, mu gihe cya saa tatu za mu gitondo, ibitero by’indege za Suhkoi zakomeje ibikorwa byo kumisha ibisasu mu bice bya Gasake, Kibirizi na Kikuku.

Ibitero by’indege byakomeje mu duce dusanzwe tugenzurwa na M23 two muri Teritwari ya Rutshuru muri Kibirizi, Gasake na Kikuku, nyuma y’uko ingabo za leta zabyutse zirasa i Masisi.

M23 ntacyo iratangaza kuri ibi bitero, gusa umusirikare wo ku rwego rwa Kapiteni mu kigo cya Camp Nyongera utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko ibi bitero byabayeho, ariko avuga ko atahamya ibyo zangije.

Nyuma y’uko Leta ya Congo Kinshasa imaze iminsi ihamije ko izifashisha inzira ya gisirikare mu gushakira umuti ibibazo byo mu Burasirazuba bwa Congo, hirya no hino mu Burasirazuba bw’iki gihugu hari kumvikana ibitero byo mu kirere ndetse n’ibyo ku butaka.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

Don`t copy text!