Home AMAKURU Rulindo-Cyinzuzi: Banyoye ubushera bubagwa nabi, biravugwako hari n’uwo bwahitanye.
AMAKURUUBUZIMA

Rulindo-Cyinzuzi: Banyoye ubushera bubagwa nabi, biravugwako hari n’uwo bwahitanye.

Abantu 47 bari batashye bahuye n’uburwayi butunguranye bagakeka ko byatewe n’ubushera banyoye mu bukwe.

Byabereye mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Budakiranya, Umurenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Kanama 2023, nibwo Ikigo Nderabuzima cyatangiye kwakira abarwayi bafite ibimenyetso birimo kuruka no gucibwamo.

Ku wa Gatandatu nibwo umusaza w’imyaka 67 wo mu Mudugudu wa Kigarama yagiye gusaba no gukwa umugore we bamaze igihe babana.

Ku munsi wakurikiyeho (ku Cyumweru) yakiriye abari batashye ubukwe abatereka amayoga y’amoko atandukanye baranywa ariko abagize ikibazo ni abanyoye ubushera.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo mu Murenge wa Cyinzuzi, Benda Theophile, yavuze ko abo bamaze kwakira kwa muganga ari abantu 47 barimo bane barembye bajyanywe ku Bitaro bya Rutongo.

Ati “Amakuru bari kuduha baravuga ko babitewe n’ubushera banyoye mu bukwe”.

Umuhungu w’umusaza wari wakoresheje ubukwe witwa Nyandwi Janvier w’imyaka 27, abaturage baravuga ko yamaze kwitaba Imana.

Benda yasabye abaturage kujya bagenzura ingano y’ibinyobwa banywa n’abategura ibinyobwa bakajya bita ku isuku yabyo.

Written by
Sam Kabera

📞or Message me on 250 783618487 UBUREZI,UBUVUGIZI NIBWO DUSHYIRA IMBERE. Sam Kabera yatangiye itangazamakuru kuva mu mwaka wa 2015 mu binyamakuru birimo Nonaha.com,Hanga.rw n'ibindi bitandukanye birimo na Television.

1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Ruhango: Polisi yafunze abantu batatu bakekwaho kwica umuntu

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umugabo witwa Habinshuti Protogèn w’imyaka 42...

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

Don`t copy text!