Home AMAKURU Nyuma y’uko umugabo ahunze urugo nyuma y’iminsi itatu akoze ubukwe, umugore we yafunzwe na RIB
AMAKURU

Nyuma y’uko umugabo ahunze urugo nyuma y’iminsi itatu akoze ubukwe, umugore we yafunzwe na RIB

Mu Karere ka Muhanga haravugwa inkuru y’umugabo witwa Mpitabazana Léonard bahimba Kévin ushakishwa nyuma yo guta Aisha Christine  bari baherutse gusezerana imbere y’Imana mu buryo bw’ibanga yarangiza agatoroka.

Gitifu w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, ko uyu Mpitabazana Léonard yataye umugeni we  nyuma y’iminsi ibiri bari bamaranye agenda atamusezeye.

Ni mu gihe hari amakuru ko Aisha Christine umugore we yari afitanye ubukwe n’undi musore kandi ko bagombaga gusezerana imbere y’amategeko ku wa 28 Werurwe 2025 noneho byagera ku wa 29 Werurwe 2025  bagasezerana imbere y’Imana.

Gitifu Nshimiyimana avuga ko amakuru afite yemeza ko  abo bombi hari ibyo batumvikanye noneho bituma ubukwe bupfa.

Yagize ati: “Umugeni yigiriye Inama yo gushaka undi musore bakorana ubukwe kuri izo taliki yishumbusha Mpitabazana Léonard.”

Akomeza avuga ko Aisha na mugenzi we batigeze  bajya gusezerana ku Murenge ahubwo bahisemo guhamagara Pasiteri akabasezeranyiriza mu rugo  rw’aho umukobwa yari atuye i Rugobagoba mu Karere ka Kamonyi.

Gitifu Nshimiyimana akomeza avuga ko hari amabanga y’urugo akomeye Aisha Christine n’umugabo we Mpitabazana Léonard batumvikanyeho umugabo ahita afata icyemezo cyo guta umugore aracika kandi ntiyasubira  mu Murenge wa Nyamabuye aho yari asanzwe atuye.

Yagize ati: “Umugore we yategereje ko umugabo agaruka araheba aza kwa Sebukwe kubaza amakuru.”

Ngo Aisha yagiye kwa Sebukwe ahasanga Nyirabukwe amubajije niba umugabo we ntawe babonye aramuhindukirana abaza umukazana aho yashyize umuhungu wabo.

https://youtu.be/Zh8DrOIzToU?si=q-yu4j0yFHJkvpMb

Gitifu avuga ko kugeza ubu bataramenya aho Mpitabazana Léonard aherereye, gusa akavuga ko hari uwababwiye ko yaba yabonetse ariko we atamubonye.

Gitifu Nshimiyimana yagiriye Inama abagiye ku rushinga ko kubaka bisaba gushishoza abantu bakajya inama bashingiye ku masezerano bumvikanyeho bombi bakirinda guhubuka.

Kuri ubu Aisha Christine afungiye kuri Sitasiyo ya  RIB iherereye mu Murenge wa Nyamabuye mu gihe iperereza ririmo gukorwa. (Umuseke)

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!