Thursday, February 27, 2025
spot_img

Latest Posts

Umugaba mukuru w’Ingabo za Jordanie yasuye u Rwanda

Umugaba w’ingabo za Jordanie (CJSC-JAF),Maj Gen,Yousef A. AlHnaity, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Gashyantare 2025, yasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kigali ku Kimihurura,aho yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,Gen Mubarakh Muganga.

Umugaba mukuru w’Ingabo za Jordanie ari mu Rwanda

Mu rugendo rwe ari mu Rwanda,yaganiriye kandi na Minisitiri w’ingabo, Juvenal Marizamunda.

Ibiganiro byabo byibanze ku kureberahamwe ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, U Rwanda na Jordanie bisanzwe ari ibihugu by’inshuti bifitanye umubano mwiza.

Muri Gashyantare umwaka ushize, U Rwanda na Jordanie byasinyanye amasezerano agamije gusangira ibitekerezo mu bya politike, ubukerarugendo ,ubuhinzi n’ibindi.

Muri uwo mwaka kandi Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Dr Vincent Biruta n’Umuyobozi Mukuru wa Police y’u Rwanda (IGP) ,CG Felix Namuhoranye bagiriye uruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Jordanie.

Icyo gihe kandi hasinywe amasezerano akubiyemo ubufatanye mu kubaka ubushobozi mu bijyanye n’amahugurwa ,guhanahana amakuru n’ubunararibonye, n’ubufatanye muzindi ngeri z’ibikorwa by’umutekano nko kurwanya iterabwaba ,icuruzwa ry’abantu n’ibiyobyabwenge , ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga n’ibindi bitandukanye.

Haganiriwe ubufatanye mu by’ingabo hagati y’ibihugu byombi
Yaganiriye kandi na Minisitiri w’ingabo mu Rwanda Juvenal Marizamunda

Ivomo:umuseke

Loading

Latest Posts

spot_imgspot_img

ANDI MAKURU

Don`t copy text!