Home AMAKURU Amerika:Impanuka yahitanye abantu icumi yafashwe nk’igitero cy’iterabwoba
AMAKURU

Amerika:Impanuka yahitanye abantu icumi yafashwe nk’igitero cy’iterabwoba

Abantu bagera ku icumi nibo bapfuye,abandi benshi barakomereka, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa SUV yiraraga mu baturage benshi bari bateraniye mu gace ka Louisiana muri New Orleans,mu birori byo kwizihiza umwaka mushya wa 2025.

Iyi mpanuka yafashwe nk’igitero cy’iterabwoba ,cyakomerekeyemo benshi,aho imibare yavugaga ko hari abarenga 30 bakomeretse.

Ubuyobozi bwa Leta ya New Orleans bwatangaje ko kuri uyu wa 1 Mutarama 2025,mu masaha ya saa tatu z’ijoro mu gace ka French Quarter gakunzwe na bamukerarugendo karimo utubari na za resitora nyinshi,ariho ibyo byabereye, ubwo iyo modoka yinjiraga mu kivunge cy’abantu bari mu birori bisoza umwaka wa 2024.

Ikigo gishinzwe ubutabazi muri New Orleans (NEOMS) cyagize kiti:”Hari abarwayi 30 bakomeretse bajyanwe kwa muganga ndetse n’abantu icumi bapfuye.”

Umuvugizi wa Polisi muri New Orleans yabwiye CBS News ko bakiri mu iperereza gusa amakuru ahari kugeza ubu,ni uko hari benshi bakomeretse n’abandi bapfiriye muri iyi mpanuka.

Ni mugihe Guverineri wa Louisiana,Jeff Landry,yihanganishije imiryango yaburiye ababo muri icyo gitero ndetse anasaba abantu kwirinda kujya muri aka gace byabereyemo.

Iyi mpanuka ibaye mu gihe New Orleans iri kwitegura kwakira Igikombe cy’umupira w’amaguru kizwi nka”Sugar Bowl” ,imikino izwiho guhuza ibihumbi by’abafana baturutse mu bice bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Loading

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!