Home AMAKURU Kicukiro: Umusore yiyahuye asiga avuze ko umubiri we uzahabwa inyamaswa zikawurya
AMAKURU

Kicukiro: Umusore yiyahuye asiga avuze ko umubiri we uzahabwa inyamaswa zikawurya

Mu Karere ka Kicukiro haravugwa inkuru y’umusore utaramenyekana imyirondoro ye, bikekwa ko yiyahuye asiga yanditse ibaruwa ivuga ko atazashyingurwa ahubwo umubiri we wazahabwa inyamaswa zikawurya kandi mu ruhame.

Ibi byabaye ku wa Mbere taliki 16 Ukuboza 2024, bibereye mu Mudugudu wa Mahoro, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Gatenga ho mu Karere ka Kicukiro.

Iyi nkuru yamenyekanye ubwo umurambo wa nyakwigendera wasanzwe mu nzu yabagamo yamaze gupfa.

Abatangaje iby’iyi nkuru, bavuga ko uyu musore yasize yanditse ibaruwa asezera ku bo biganye mu mashuri yisumbuye, abo bakoranye ndetse n’abo babanye muri uyu murenge wa Gatenga.

Mu ibaruwa nyakwigendera yasoje avuga ko nta mwana yigeze abyara ndetse ko nta n’umukobwa yigeze atera inda.

Hirya no hino mu gihugu, mu rubyiruko hakomeje kugaragara Impfu za hato na hato zituruka ku kwiyagura, aho abasesengura Ibijyanye n’Ubuzima bwo mu mutwe bavuga ko bishobora kuba biterwa n’agahinda gakabije (Dépression).

Src: Umuseke

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!