Home AMAKURU Nyanza: Abantu 19 bakekwaho ibyaha bitandukanye bafunzwe
AMAKURU

Nyanza: Abantu 19 bakekwaho ibyaha bitandukanye bafunzwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyanza yafunze abagabo 19 bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo no guhungabanya umutekano w’abaturage.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane taliki 05 Ukuboza 2024, nibwo iyo operasiyo yo gufata abo bantu yabaye.

SP Emmanuel Habiyaremye, uvugira Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko abafashwe bakomoka mu Murenge wa Kibirizi.

Abafashwe barimo abajura, abakoresha ibiyobyabwenge n’abateza urugomo.

Yagize ati: “Twafashe abantu 19 bahungabanya umutekano w’abaturage, abo twafashe bose ni abagabo.”

SP Habiyaremye yaburiye abishora mu byaha kubireka kuko ibikorwa byo kubashaka no kubafata bikomeje.

Polisi yaboneyeho no gushimira abaturage bagira ubufatanye mu gutanga amakuru ku bantu nk’aba, kugira ngo bature mu Midugudu itarangwamo ibyaha.

Aba bakekwaho ibi byaha bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi iherereye mu Murenge wa Muyira.

 

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!