Home AMAKURU Gakenke: Amatungo umunani y’abaturage yishwe n’inyamaswa zitaramenyekana
AMAKURU

Gakenke: Amatungo umunani y’abaturage yishwe n’inyamaswa zitaramenyekana

Mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Muhondo, haravugwa amakuru y’inyamaswa bikekwa ko ari izo ku gasozi, zishe amatungo umunanini arimo intama ebyiri n’ihene eshezhatu.

Gasasa Evergiste, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo, yabwiye itangazamakuru ko izo nyamaswa zishe ayo matungo zikomeje guhigwa, aho hamaze kwicwa imbwa ebyiri.

Yagize ati: “Ku wa Gatandatu mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba, abaturage bagiye gucyura amatungo bari baziritse aho twita mu Gisagara, basanga yapfuye. Ni ibintu bitari bisanzwe hano mu murenge wacu, twapfushije amatungo umunani, ihene esheshatu n’intama ebyiri.”

Akomeza agira ati: “Ni amatungo y’abaturage bo mu miryango itatu, Umuyobozi wa Polisi mu murenge, inzego z’umurenge, mu tugari n’imidugudu twagiyeyo tuganiriza abaturage, ariko n’ayo matungo aratabwa kugira ngo abaturage batayarya akaba yabagiraho ingaruka.”

Gitifu Gasasa avuga ko bataramenya neza izo nyamaswa zishe amatungo y’abaturage, gusa yemeza ko nyuma yo gutega izo nyamaswa bakoresheje umuti, hamaze gupfa imbwa ebyiri.

Yagize ati: “Ku bufatanye na Polisi y’igihugu, hari umuti twateze mu ijoro ryo ku Cyumweru, ku buryo hamaze gupfamo imbwa ibyiri, ntekereza ko yaba ari imbwa zigenda ku gasozi byaba ibyo bisimba, bishobora kwicwa n’uwo muti.”

Gitifu Gasasa akomeza yihananginisha abaturage bapfushije amatungo agira ati: “Ni ukubihanganisha kubera ko nk’umuturage nyine birasaba ko haramutse habonetse ubundi bufasha twabitaho, ariko kugeza ubu nta bufasha turabona.”

Uyu muyobozi yaboneyeho no gusaba abaturage gushyira amatungo yabo mu bwishingizi, kandi bakirinda kuzirika amatungo yabo mu misozi bakororera mu biraro, mu rwego rwo kurinda amatungo yabo ibibazo bitandukanye.

Mu 20222 nibwo ibibazo nk’ibi byinyamaswa ziriya amatungo byaherukaga kugaragara mu Karere ka Nyabihu, icyo gihe aborozi basangaga inka zabo ziganjemo izikiri nto mu rwuri zapfuye.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!