Home AMAKURU UBUKUNGU Donald Trump yarahiye kuzamura imisoro kuri Canada,Ubushinwa na Mexico
UBUKUNGU

Donald Trump yarahiye kuzamura imisoro kuri Canada,Ubushinwa na Mexico

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika(USA), Donald Trump, yafashe icyemezo ko afite gahunda yo kuzamura imisoro akumvisha u Bushinwa, Mexico na Canada ,akazabikora ku munsi wambere w’ubuyobozi bwe, kugira ngo abahatire gukumira abimukira n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge byinjira muri USA.

Donald Trump yiyemeje ko azumvisha Canada, Mexico n’u Bushinwa abinyujije mu kuzamura imisoro akimara kwinjira muri White House tariki 20 Mutarama 2025.

Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora USA yavuze ko akimara kurahira ku wa 20 Mutarama 2025 azashyira umukono ku iteka rishyira 20% by’imisoro ku bicuruzwa byose biva muri Canada na Mexico.

Trump yavuze ko kandi azashyira ku Bushinwa undi musoro wa 10% kugeza igihe Guverinoma y’icyo gihugu izemerera gukumira umuti wa fentanyl ukoreshwa mu kugabanya ububabare winjira muri USA ku buryo bitemewe.

Mu butumwa bwe yagize ati:”Igihe kirageze ngo bishyure igiciro gihambaye!”

Mu bundi butumwa,Trump yikomye Beijing kuba abayobozi b’u Bushinwa batarashyize mu bikorwa ibyo bari biyemeje byo gushyiraho igihano cy’urupfu ku bantu bafatirwa mu bucuruzi bwa fentanyl.

Imisoro izazamirwa n’ibicuruzwa biva muri Canada, Mexico n’u Bushinwa agamije kubumvusha.

Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa muri Washington yabwiye BBC ko kumva ko u Bushinwa bureka abo bantu bakinjiza fentanyl muri USA ku bushake ari ukwirengagiza nkana ibiriho n’ukuri.

U Bushinwa kandi ngo bwizera ntagushidikanya ko ubufatanye bwa USA -China mu bukungu n’ubucuruzi  bikorwa ku nyungu z’impande zombi,kandi ngo nta ruhande na rumwe ruzigera rutsinda intambara y’ubucuruzi cyangwa iy’imisoro.

Ubuyobozi bwa Joe Biden bumaze iminsi busaba u Bushinwa guhagarika ikorwa ry’ibirungo bishyirwa mu miti ya fentanyl Washington ivuga ko uyu muti wishe Abanyamerika hafi ibihumbi 75 mu mwaka ushize

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

InternationalUBUKUNGU

Afurika: Imisoro yashyizweho na Trump yarikoroje

Bitewe n’imisoro Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyiriyeho...

UBUKUNGU

Kamonyi:Sobanukirwa Ibitare bya Mashyiga

Mu karere ka Kamonyi Umurenge wa Karama  mu kagari ka Bitare niho...

SIPOROUBUKUNGU

Samuel muri “Tour du Rwanda” akomeje kuvugwa imyato

Uruganda Ingufu Gin Ltd, ruherereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka...

UBUKUNGU

Rusizi: Inguzanyo z’amafaranga agera kuri Miliyoni 15 Frw muri SACCO zarambuwe

Ubuyobozi bwa SACCO Ntukabumwe Nkungu yo mu Murenge wa Nkungu mu Karere...

Don`t copy text!