Home AMAKURU Rusizi: Umugabo biravugwa ko yiyahuriye muri kasho
AMAKURU

Rusizi: Umugabo biravugwa ko yiyahuriye muri kasho

Mu Karere ka Rusizi haravugwa inkuru y’umugabo witwaga Iremaharinde Ibrahim wari ufungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamembe, wasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye.

Aya makuru yahamijwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi.

Nyakwigendera Iremaharinde, yari atuye mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Kamembe, Akagari ka Gihundwe ho mu Mudugudu wa Kabeza.

Iremaharinde yari yajyanywe kuri Sitasiyo ya Polisi ku i saa saba z’ijoro ryakeye kubera guteza umutekano muke ubwo yarwanaga n’umugore we.

Karekezi Twizere Bonaventure, yatangaje ko uwo mugabo yiyahurishije umushumi yari ahambirije ipantalo yari yambaye.

Yagize ati: “Nibyo, umufungwa witwa Iremaharinde Ibrahim w’imyaka 29 y’amavuko , wari wafashwe mu ijoro ryakeye azira guteza umutekano muke no gukubita uwo bashakanye, yitabye Imana nyuma yo kwimanika muri kasho ya Polisi ya Kamembe akoresheje umushumi yarahambirije ipantalo yariyambaye.”

Yakomeje avuga ko yihananginishije umuryango wagize ibyago, avuga ko iperereza rigikomeje.

Ati: “Turihanganisha umuryango wa nyakwigendera, iperereza ryimbitse ryatangiye kugira ngo hamenyekane impamvu n’imiterere y’ibyabaye, amakuru arambuye azatangazwa iperereza nirirangira.”

Src: Umuseke

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!