Home AMAKURU Rusizi: Umugabo yasezeye inshoreke ye agiye kwiyahura atabarwa n’umugore mukuru
AMAKURU

Rusizi: Umugabo yasezeye inshoreke ye agiye kwiyahura atabarwa n’umugore mukuru

?

Mu Karere ka Rusizi haravugwa inkuru y’umugabo witwa Hagenimana Fidèle w’imyaka 54 y’amavuko urwariye mu Bitaro bya Mibilizi, bivugwa ko yanyoye umuti batera mu myaka nyuma yo guhamagara inshoreke ye, ariko atabarwa akiri muzima.

Hagenimana usanzwe utuye mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Muganza, Akagari ka Gakoni ho mu Mudugudu wa Sanganiro, ubwo yabwiraga umugore we babana ko adashaka kurarana na we, agahamagara inshoreke ye ayibwira ko ayisezeyeho agiye kwiyahura, akanywa umuti uterwa mu myanya, akaramirwa agisambagurika atarapfa, kuri ubu akaba arembeye mu Bitaro bya Mibilizi.

Uwitwa Clémentine Uwitonze, yabwiye itangazamakuru ko ubusanzwe Hagenimana afite umugore babyaranye kane ariko babana batarasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko, ariko anafite inshoreke muri aka Kagari ka Gakoni bamaranye igihe.

Yavuze ko ubwo uwo mugabo yatahaga yari yasinze yageze mu rugo rwe abwira umugore we banasanganywe amakimbirane ashingiye kuri ubu businzi bwe, umugore akanamushinja kumuta akajya mu nshoreke, umugabo na we akamushinja kumuca inyuma, bikekwa ko ari yo mpamvu yadindije gusezerana kwabo igihe indi miryango myinshi yo muri uwo Murenge yasezeranaga mu mezi ashize, ko adashaka ko amurara iruhande.

Yagize ati: “Yatashye yasinze cyane ariko bishoboke ko yari anatahanye umuti w’inyanya mu mufuka w’ipantalo yari yambaye, ageze iwe abwira umugore we bafitanye abana bane ko adashaka ko bararana, ashaka kurara wenyine.”

Akomeza agira ati: “Umugore yabimwemereye ajya mu kindi cyumba ariko agira amakenga y’ibyo bintu bitari bisanzwe nubwo babanaga bakimbirana, mu minota mike agaruka ku muryango w’icyumba bararamo urugi rwari rwegetseho, yumva umugabo ahamagara iyo nsohereke ye ayisezeraho, ayibwira ko agiye kwiyahura, ko urupfu rwe rutazabatungura, ko mu minota mike biba birangiye.”

Akimara kuvuga ayo magambo, yahise anywa uwo muti, umugore akinguye yumva impumuro y’umuti yuzuye icyo cyumba, anasanga amaze kuwunywa ni ko guhita atabaza, bamujyana ku kigo nderabuzima, kuko yari atangiye kunegekara, yoherezwa ku Bitaro bya Mibilizi ari ho akirembeye.

Gitifu w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel, yavuze ko uwo mugabo uri mu ngo 53 zibanye nabi muri uwo murenge, kwiyahura bigakekwa ko yabitewe n’iyi mibanire mibi mu rugo n’ibyo bombi bashinjanya byo gucana inyuma n’ubushoreke.

Yagize ati: “Iyo nkuru ni yo, byabayeho, umugabo aracyari kwitabwaho n’abaganga mu Bitaro bya Mibilizi, tukageka ko yabitewe n’amakimbirane basanganywe. Naramuka yorohewe tuzamwegera tumubaze nyir’izina icyamuteye gukora igikorwa cy’ubugwari nk’icyo cyo guhitamo kwiyambura ubuzima, baganirizwe nk’uko bikorwa ku zindi ngo zibanye nabi, nibyanga hafatwe indi myanzuro.”

Gitifu Ndamyimana, yaboneyeho no gusaba abaturage kudatekereza kurangirisha ibibazo byabo kwiyambura ubuzima, ibibazo bafite bakabishyikiriza ubuyobozi bukabafasha kubikemura, bakareka ingeso mbi z’ubusinzi no guca inyuma abo bashakanye, kuko bidashoboka gutera imbere umuntu akiri mu bikorwa nk’ibyo  bidasobanutse.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!