Home UDUSHYA Isuzumamurambo ku musaza w’imyaka 78 ryagaragaje ko yari afite ibitsina bitatu
UDUSHYA

Isuzumamurambo ku musaza w’imyaka 78 ryagaragaje ko yari afite ibitsina bitatu

Umusaza witabye Imana afite imyaka 78, byagaragaye ko yari afite ibitsina 3, gusa bigakekwa ko nawe atari aziko imyanya ndangagitsina ye yari imeze gutyo.

Kugira ibitsina birenze kimwe ku muntu ntibikunze kubaho ndetse abashakashatsi bemeza ko bishobora kuboneka ku muntu 1 muri miliyoni 6, ndetse uburyo bibaho ntibube ubusanzwe, kuko aho kugaragarira inyuma, ibyo bitsina byombi biba bibumbiye muri kimwe.

Abahanga mu buvuzi bagaragaje ko kuva mu mwaka wa 1606 kugeza ubu ubushakashatsi 168 ari bwo bumaze kugaragaza abantu bafite ibitsina gabo birenze kimwe, kandi ko abenshi ari abafite 2.

Popular science yanditse ko uyu musaza w’imyaka 78 utatangajwe amazina ari we wa mbere mukuru ugaragaye ko afite ibitsinagabo 3, kuko uwaherukaga kugaragarwaho ibi, yari umwana muto mu myaka 4 ishize.

Abashakashtsi bagaragaza ko umuntu wese ugaragayeho ibi bitsina, bishobora kuba biteye ukwabyo ari uko usanga mu gitsina kigaragara inyuma haba harimo ikindi nacyo gifite ibice byacyo byuzuye, ariko kuri uyu musaza we umuyoboro usohora inkari wari umwe ku bice 2 naho igice cya 3 kikibera aho ntaho gihuriye n’ibindi.

Batekereza ko iki kibazo cyaba cyaratewe no kwihinduranya kut’uturemangingo ariko igitangaje ni uko umuyoboro usohora inkari wabanje kwiremera mu gitsina cya 2, nyuma ukaza gukomereza mu cyaje kuba icya mbere kinagaragara inyuma kuko utari kubona aho ukurira.

Abahanga bemeza ko kuba byarabereye imbere mu mubiri  uyu musaza ashobora kuba yarapfuye atari aziko umubiri we wari uteye gutyo, ndetse ko bishoboka kuba byaramuteraga ibibazo bitandukanye birimo no kubura ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UDUSHYA

Insigamunani:Ibijya gucika inkungu ibijya imbere

Uyu mugani bawuca iyo babonye ingaruka mbi ku kintu cyagizwe ibanze kitabigombaga,...

UDUSHYA

Abadepite barwaniye mu cyumba cy’Inteko bamwe bakoresha ibiturika

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru mu Nteko Ishinga Amategeko ya Seribiya habereye...

UDUSHYA

Rubavu: Abarwanyi ba FDLR bishyikirije inzego z’umutekano z’u Rwanda mu mahoro

Kuri uyu wa Kabiri taliki 07 Mutarama 2024, Abarwanyi batatu bari mu...

UDUSHYA

Umutoza yarezwe gutanga pompaje zigera kuri 368 zikabatera uburwayi

Mu mujyi wa Texas,Umutoza John Harrell watozaga abanyeshuri ku ishuri rikuru rya...

Don`t copy text!