Home AMAKURU Gatsibo: Uwakekwagwaho kwica umuturanyi we umukase ijosi yarashwe na polisi
AMAKURU

Gatsibo: Uwakekwagwaho kwica umuturanyi we umukase ijosi yarashwe na polisi

Umuturage wo mu murenge wa Kiziguro, mu karere ka Gatsibo wakekwagwaho kwivugana umuturanyi we amukase ijosi yarashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo kugerageza kwiruka ngo acike inzego z’umutekano.

Ku wa mbere w’icyumweru gishize tariki ya 30 nzeri 2024, mu gitondo nibwo ku muhanda wo muri aka gace kazwi nko ku gishinwa mu murenge wa Kiziguro, hagaragaye umurambo w’umugabo witwa Ndarihoranye, wari wishwe akaswe ijosi.

Kuri Uyu wa mbere w’iki cyumweru tariki ya 07 ukwakira 2024, mu rukerera nanone muri aka gace kazwi nko ku gishinwa hongeye kumvikana amasasu 3, bivugwa ko yarashwe uwakekwagwaho kwica Ndarihoranye, wiciwe muri aka gace akaswe ijosi.

Amakuru dukesha abaturage bo muri aka gace, avuga ko uyu warashwe yari umujura ruharwa. Uyu warashwe akaba yari yemereye inzego z’umutekano ko ariwe wahitanye Ndarihoranye, akaba yemeza ko yahuye na nyakwigendera Ndarihoranye, avuye kwiba yabona ko yamubonye agafata umuhoro akamukata ijosi.

Uyu warashwe, yarashwe ubwo yageragezaga gucika inzego z’umutekano nyuma yo kwemera kuzijyana aho yakoreye icyo cyaha akanazereka umuhoro yakoresheje akata ijosi rya Ndarihoranye.

Abaturage batuye muri aka gace kazwi nko ku gishinwa mu murenge wa Kiziguro, bumvikanye bashimira cyane inzego z’umutekano kubw’akazi zakoze ko kubakiza umugizi wa nabi wabiciye umuturanyi.

Umugore wa nyakwigendera Ndarihoranye, mu gahinda kenshi yatangaje ko yatangajwe no gusanga uwamwiciye umugabo ari umuturanyi wabo babanaga umunsi ku munsi, ashimira inzego z’umutekano kubw’akazi zakoze.

Nyuma y’uko umurambo w’uyu mugizi wa nabi ujyanwe, abaturage babwiwe ko bagomba kumushyingura, gusa bose batereye hejuru bavuga ko batamushyingura n’ibintu yakoreye umuturanyi wabo.

Umuvugizi wa polisi mu ntara y’iburasirazuba CP. Hamduni Twizeyimana, mu kiganiro kuri telefone yagiranye n’umunyamakuru wa BTN TV, yemeje iby’aya makuru avuga ko uyu warashwe yari asanzwe ari umujura kandi yemeraga ko ariwe wishe Nyakwigendera Ndarihoranye.

C.P Hamduni Twizeyimana, akomeza avuga ko ubwo uyu wakoze iki cyaha ubwo yafatwaga yahise yemera ko ariwe wishe Ndarihoranye, anemera kujyana inzego z’umutekano aho yakoreye icyo cyaha gusa bataragerayo akagerageza gusimbuka imodoka y’abashinzwe umutekano bikamuviramo kuraswa.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!