Home AMAKURU Nyanza: Umukobwa bikekwa ko yari atwite yasanzwe amanitse mu giti yapfuye
AMAKURU

Nyanza: Umukobwa bikekwa ko yari atwite yasanzwe amanitse mu giti yapfuye

Mu Karere ka Nyanza haravugwa inkuru y’umukobwa bikekwa ko yari atwite wasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye.

Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere taliki 23 Nzeri 2024, nibwo iyi nkuru ivugwa mu Murenge wa Nyagisozi mu Kagari ka Kirambi mu Mudugudu wa Bweru yamenyekanye.

Amakuru agera ku itangazamakuru avuga ko umukobwa witwa Mukansegimana Pereth w’imyaka 20 y’amavuko, iwabo bavuye guhinga bamusanga mu nzu, amanitse mu mugozi bikekwa ko yiyahuye.

Abatuye muri kariya gace bavuga ko basanze anagana mu mugozi ariko bivugwa ko mbere yari yabanje kunywa umuti w’imboga (rocket).

Amakuru avuga ko mbere yaho yari yabanje guhamagara mukuru we wo kwa nyina wabo, amubwira ko afite ibibazo atazi niba azabikira.

Uwo mukuru we yavuze ko ngo hari umuhungu wamuteye inda, nyuma bashatse kuyikuramo biranga , bigakekwa ko ari yo mpamvu yaba yatumye yiyahura.

Habinshuti Slydio, Gitifu w’Umurenge wa Nyagisozi, yatangaje ko inzego z’Ubugenzacyaha zatangiye iperereza.

Yaboneyeho gusaba abaturage kujya birinda kwihererana ibibazo byabo, ahubwo bakajya babiganiriza inshuti zabo cyangwa inzego z’ubuyobozi bakabagira inama.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku Bitaro by’Akarere ka Nyanza ngo ukorerwe isuzuma.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!