Home AMAKURU RIB yataye muri yombi umuforomo ukekwaho gufata ku ngufu umunyeshuri wari ugiye kwivuza
AMAKURU

RIB yataye muri yombi umuforomo ukekwaho gufata ku ngufu umunyeshuri wari ugiye kwivuza

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umuforomo w’imyaka 29 y’amavuko wo mu Karere ka Rusizi ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko wari ugiye kwisuzumisha ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye.

Ibi byabaye kuri uyu wa 15 Nzeri 2024, bibera mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Nyakabuye, Akagari ka Kamanu ho mu Mudugudu wa Mpoga.

Uyu mukobwa wiga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye, yabwiye ababyeyi be ko ubwo yari mu isuzumiro umuforomo yamukoresheje imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Kimonyo Kamali Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, yabwiye itangazamakuru ko uyu mukobwa yahise ajya gutanga ikirego kuri RIB, ndetse ko ukekwa yamaze gufungwa.

Yagize ati: “Umukobwa avuga ko yafashwe ku ngufu ubwo yari agiye kwivuza. Yageze mu rugo abibwira ababyeyi be, ahita ajya no gutanga ikirego kuri RIB.”

Gitifu Kamali yakomeje avuga ko ashimira cyane uriya mwana w’umukobwa wihutiye gutanga amakuru y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Akomeza agira ati: “Icyo dusaba abandi bakobwa bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni uko batajya babiceceka, ahubwo bakihutira gutanga amakuru kugira ngo bahabwe ubutabera.”

Mu gihe iperereza rigikomeje, ukekwaho icyaha afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyakabuye.

Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, riteganya ko umuntu wese ukoresha undi imibonano mpuzabitsina nta bwumvikane bubayeho, hakoreshejwe imbaraga, iterabwoba, uburiganya, ububasha amufiteho cyangwa abikoze ku bw’intege nke z’uwakorewe icyaha, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 10 ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!