Home AMAKURU Hemejwe ko ba Jenerari babiri ba UPDF bitabye Imana
AMAKURU

Hemejwe ko ba Jenerari babiri ba UPDF bitabye Imana

Uganda habereye impanuka y’imodoka yahitanye Brig Gen Fred Twinamasiko na Brig Gen Brig Gen (Rtd) Frank Katende Kyambadde, bo mu gisirikare cya Uganda, UPDF.

Nyakwigendera Brig Gen (Rtd) Frank Katende Kyambadde waguye muri iyi mpanuka we n’abandi basirikare bakuru barimo Gen Kale Kayihura wigeze kuyobora Polisi ya Uganda muri Nyakanga uyu mwaka, bari bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.

Nyakwigendera Gen Twinamasiko we yari akiri mu kazi, aho yari Umuyobozi ushinzwe amahugurwa mu ngabo za UPDF zirwanira ku butaka.

Umuvugizi Wungirije w’Igisirikare cya Uganda, UPDF, Col Deo Akiiki, yemeje urupfu rw’aba ba-Jenerani bombi.

Col Akiiki abinyujije ku rukuta rwe rwa X yagaragaje ko aba ba-Jenerari bapfuye nyuma y’igihe gito Uganda itakaje Sarah Mateke wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingabo n’abazihozemo, ashimangira ko ari igihombo gikomeye ku gihugu.

Yagize ati: “Ni gute twakwitega kumva iki gihombo mu gihe gito nk’iki ngiki? Umunyamabanga wa Leta (ushinzwe ingabo), Hon Sarah Mateke, Brig Gen (RTD) Kyambadde ndetse n’Umuyobozi wacu ushinzwe amahugurwa mu ngabo zirwanira ku butaka, Brig Gen Fred Twinamasiko bakoze impanuka! Bose bagiye gutyo. Imana ikomeze imiryango yabo. Ni ibihe bitatworoheye.”

Iyi mpanuka y’imodoka ifite purake H4DF2588 yahitanye aba ba-Jenerari yabaye ejo hashize ku wa Gatanu taliki 13 Nzeri 2024, ibera ahitwa Lukaya ku muhanda uhuza imijyi ya Kampala na Masaka.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!