Tuesday, September 17, 2024
spot_img
HomeAMAKURURwanda Air yabaye ihagaritse ingendo zayo muri Kenya

Rwanda Air yabaye ihagaritse ingendo zayo muri Kenya

Sosiyeti ikora ubwikorezi bwo mu kirere, Rwanda Air, yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu taliki 11 Nzeri 2024, ibaye ihagaritse ingendo zayo muri Kenya, kubera imyigaragambyo iri gukorwa n’abakozi ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Jomo Kenyatta.

Rwanda Air yabitangaje ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X, iboneraho no kwisegura ku bagenzi bagizweho ingaruka n’iri subikwa ry’ingendo.

Abakozi amagana b’iki kibuga, bazindutse bigaragambya bamagana ko Leta yakodesha iki kibuga kompanyi yo mu buhinde yitwa Adani Group.

Kenya Airways nayo yatangaje ko kubera imyigaragambyo iri ku kibuga cy’indege habayeho gukererwa no guhagarika ingendo zimwe zayo zari ziteganijwe ku bagenzi bahagera n’abahava.

Indege nyinshi zasubitse ingendo, kuko abakozi bakira abagenzi mu bice binyuranye by’iki kibuga, bahagaritse gukora kuva saa tatu z’ijoro ryakeye.

Ihuriro ry’abakora ku kibuga cy’indege, batangaje ko bazakomeza kwigaragambya, kubera ko Leta ya Kenya yanze gutangaza amasezerano yose agize ibyo gukodesha iki kibuga cy’indege Adani Group.

Ni mu gihe Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje ko itagiye kugurisha iki kibuga, ahubwo igiye gukodesha iki kibuga kompanyi ya Adani Group kugira ngo bagiteze imbere.

Loading

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!