Home AMAKURU Gatsibo – Muhura: Umugabo yatemwe na mugenzi we bimuviramo urupfu
AMAKURU

Gatsibo – Muhura: Umugabo yatemwe na mugenzi we bimuviramo urupfu

Umuturage witwa Ntirenganya Emmanuel wo mu Karere ka Gatsibo yatemwe na mugenzi we bagiranye amakimbirane ahita yitaba Imana.

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu taliki 07 Nzeri 2024, bibera mu Murenge wa Muhura, Akagari ka Taba ho mu Mudugudu wa Mayora.

Nyakwigendera Ntirenganya nyuma yo gutemwa n’umutaranyi we wari umupagasi we uzwi ku izina rya Gerald, yahise yihutanwa ku Kigo Nderabuzima cya Muhura, ariko bamugezayo yamaze gupfa.

Bamwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera babwiye itangazamakuru ko Ntirenganya yari yaravuye ku mugore we mukuru (uw’isezerano) akajya kuba aho ku inshoreke ari naho yatemewe.

Umugore w’isezerano wa nyakwigendera witwa Kubwimana Claudine ashimangira ibi agira ati: “Uyu mugabo twari dufitanye abana bane umukuru afite imyaka 21 y’amavuko. Gusa yari yaradutaye ajya kwinjira undi mugore kugeza ubwo muri aya masaha y’ijoro ari bwo numvise inkuru y’akababaro ko apfuye. Bampamagaye ngiye kuryama mpita nza hano nsanga amaze gushiramo umwuka.”

Inzego z’umutekano zikorera muri uyu Murenge zari ziri aho aya mahano yabereye, zatangiye gukora iperereza, zivuga ko abakekwaho gukora aya mahano batorotse baka bakiri gushakishwa.

Ati: “Turacyari mu ipererereza ariko amakuru y’ibanze aragaragaza ko amakimbirane yaturutse ku businzi, kuko bose bari banyoye hanyuma uyu bamuviraho inda imwe baramukubita bimuviramo gupfa.”

Ni mu gihe ku ruhande rw’abavandimwe ba nyakwigendera hari abavuga ko ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Muhura bwabasabye gutwara umurambo mu rugo, kandi bo bifuzaga ko wajyanwa mu bitaro ugakorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

Uwitwa Rudabali Damien yagize ati: “Ikigo nderabuzima kiratwirukanana umurambo ngo nta buruhukiro bafite ariko natwe tukabona kumutwara bivuze kujya kuwushyingura kandi yakabaye akorerwa isuzuma hakazemezwa iby’uru rupfu rwe.”

Abo baturage basabaga ko bahabwa imbangukiragutabara ikabafasha kugeza umurambo wa nyakwigendera ku Bitaro bya Kiziguro ugasuzumwa.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!