Home AMAKURU Kirehe: Impunzi y’Umurundi yasanzwe mu cyumba yabagamo yarapfuye
AMAKURU

Kirehe: Impunzi y’Umurundi yasanzwe mu cyumba yabagamo yarapfuye

Mu Karere ka Kirehe inzego z’ubuyobozi na Polisi zatabajwe zibwirwa ko impunzi y’Umurundi yitwa Ndayishimiye Lazare yasanzwe mu cyumba yabagamo yaramaze gupfa.

Umurambo w’iyi mpunzi yabaga mu nkambi ya Mahama kuva mu 2015 yari ifite imyaka 25 y’amavuko. Umurambo wa nyakwigendera wabonwe nyuma y’uko bagenzi be babaga hafi y’aho arara bumvise umunuko udasanzwe.

Umwe muri bo yagize ati: “Abapolisi basanze telefone ze ebyiri mu cyumba cy’umwe mu baturanyi be. Hari itsinda ry’insoresore zabaga mu cyumba kiri hafi y’icye zarahunze ntituzi igihe zagendeye. Ibintu byose byabaga mu cyumba cye birimo; icupa rya gaze, igare, imyenda n’ibindi byaribwe.”

Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko nyakwigendera yaba yarishwe anizwe.

Umwe mu bayobora impunzi z’i Mahama yatangaje ko izo nsoresore zahunze zisanzwe zizwi, ndetse ko ibintu byibwe Ndayishimiye byasanzwe aho zabaga.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko urupfu rwa nyakwigendera rwari rwarateguwe, kuko umurambo we wabonetse waratwitswe ndetse uziritse amaboko mbere y’uko abamwishe bamuhambirira mu mufuka.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kirehe kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!