Home AMAKURU Kigali: RIB yataye muri yombi Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gakoma akekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana
AMAKURU

Kigali: RIB yataye muri yombi Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gakoma akekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gakoma biherereye ka Gisagara witwa Ngiruwonsanga Pascal w’imyaka 38 y’amavuko, yatawe muri yombi ku bw’iperereza riri gukorwa ku rupfu rw’umwana w’umugore we.

Uwo mwana witwa Ganza Rayane w’imyaka 8 y’amavuko ni uw’umugore washakanye byemewe n’amategeko na Ngiruwonsanga, akaba yaramutahanye muri urwo rugo.

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangaje ko Ngiruwonsanga Pascal yatawe muri yombi kubera impamvu zifatika zituma akekwa.

Ati: “Ngiruwonsanga yafashwe kubera iperereza riri gukorwa ku rupfu rw’umwana w’imyaka 8 y’amavuko. Hari impamvu zifatika zituma akekwa. Umurambo w’uwo mwana woherejwe muri Rwanda Forensic Institute kugira ngo ukorerwe isuzumwa.”

Amakuru avuga ko urupfu rwa nyakwigendera rwabaye ku wa 18 Kanama 2024, rubera mu Mudugudu wa Kagarama, Akagari ka Kigali, Umurenge wa Kigali ho mu Karere ka Nyarugenge.

Uwafashwe yatawe muri yombi kuri uwo munsi uwo mwana yiciweho, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Karama mu gihe dosiye iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa RIB yasabye Abaturarwanda kujya birinda ibihuha bagategereza ibizava mu iperereza.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!