Home AMAKURU Nyamasheke: Umusore yamaze kururuka ku modoka yari yaparamiye agongwa n’indi
AMAKURU

Nyamasheke: Umusore yamaze kururuka ku modoka yari yaparamiye agongwa n’indi

Umusore wo mu Karere ka Nyamasheke witwa Ntihishwa Ildéphonse w’imyaka 21 y’amavuko, yitabye Imana nyuma yo guparamira imodoka akaza kugongwa n’indi yaturutse imbere y’iyo yari yaparamiye.

Amakuru avuga ko iyi kamyo uyu musore yari yuriye yerekezaga i Karongi iturutse i Nyamasheke.

Dusabimana Christine, Gitifu w’Akagari ka Jarama, yavuze ko abana bari baparamiye imodoka ari benshi, ariko umwe mu baturage bo muri uwo mudugudu arabacyaha, bamwe bavaho Ntihishwa we agumaho.

Yagize ati: “Babonye igenda buhoro ahazamuka barayurira, umugabo utuye muri uyu mudugudu arabacyaha ngo bayiveho, bamwe baramwumvira bayivaho, abandi barimo nyakwigendera bayigumaho.”

Nyuma bageze ruguru gato, bagenda bavaho inyuma yabo haturuka imodoka ya Agence itwara abagenzi ivuza ihoni, umushoferi wari utwaye iyo kamyo kuko yari yababonye ko bariho agenda gake bagenda bururuka.

Igihe nyakwigendera yarimo yururuka kuko yabonaga inyuma hari iyo modoka yindi, ashaka kururuka yerekeza ibumoso ngo yambuke umuhanda, ntiyamenya ko imbere haturutse indi yihutaga kuko yo itari ipakiye, ituruka i Karongi yerekeza i Nyamasheke, iramukubita akubita umutwe mu muhanda ahita yitaba Imana.

Mu gihe umushoferi wamugonze yajyanywe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gihombo, umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kibogora gukorerwa isuzuma.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!