Home AMAKURU Rutsiro: RIB yataye muri yombi Sedo ukekwaho kurya amafaranga ya Mituelle
AMAKURU

Rutsiro: RIB yataye muri yombi Sedo ukekwaho kurya amafaranga ya Mituelle

Mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Kivumu ho mu Kagari ka Bunyunju, usanzwe ari Sedo w’aka kagari witwa Sindayigaya Janvier, yatawe muri yombi akurikiranyweho kurya amafaranga ibihumbi 64 RWF yahawe n’abaturage ngo abishyurire ubwisungane mu kwivuza (Mituelle).

Amakuru avuga ko uyu Sindayigaya yatawe muri yombi mugitondo cyo ku wa Kabiri taliki 13 Kanama uyu mwaka, mu gihe cya saa tanu z’amanywa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, yahamije aya makuru, avuga ko uyu muyobozi akirimo gukorwaho iperereza.

Yagize ati: “Nibyo koko yafashwe n’inzego zibishinzwe, ntabwo twabihamya ariko inzego zibishinzwe zirimo gukora iperereza kubyo akekwaho.”

Meya Kayitesi yakomeje avuga ko abaturage bazatangarizwa ikizava mu iperereza.

Meya Kayitesi yaboneyeho no gusaba abayobozi muri rusange kwirinda kurya amafaranga y’abaturage, ahubwo abibutsa ko bagomba kunoza inshingano zabo.

Hari amakuru avuga ko Sindayigaya aya mafaranga y’abaturage akekwaho kurya, yayahawe n’abaturage barindwi ku wa 24 Nyakanga uyu mwaka, ariko ngo ntiyayishyura n’ubwo akimara gufatwa yahise abihakana.

Sindayigaya Janvier ukekwaho kurya amafaranga ya Mituelle yahawe n’abaturage, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kivumu.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

Don`t copy text!