Home International Amerika yapinze Putin waciye amarenga ko agiye kwihorera kuri Ukraine
International

Amerika yapinze Putin waciye amarenga ko agiye kwihorera kuri Ukraine

Nyuma y’uko Perezida Putin atumije inama yo kwigiramo uko yagaba ibitero muri Ukraine, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko ibyo Perezida Putin yibwira ari nko ‘kwikirigita ugaseka’.

Muri iyi nama Putin yabwiye igisirikare ko bagomba kwirukana umwanzi ku butaka bwabo ku kiguzi byasaba cyose.

Amerika ikimara kumva ibyo Putin yatangaje, yavuze ko ibyo Putin yavuze bisanzwe, kuko ngo muri we ahorana amagambo y’iterabwoba gusa.

Ibi byavuzwe mu gihe hashize iminsi 6 Ingabo za Ukraine zigabye ibitero ku Burusiya byakuye abaturage barenga ibihumbi 121 mu byabo ndetse abandi basaga ibihumbi 59 bategujwe ko igihe icyaricyo cyose bagomba guhunga.

Muri iyi minsi 6 ingabo z’u Burusiya zatewe igihunga n’ingabo za Ukraine zimaze kugera mu birometero 30 ku butaka bw’u Burusiya.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

International

Mozambique: RDF yatabaye abaturage bari bashimuswe n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique zatabaye abaturage bari bashimuswe n’ibyihebe...

International

Gaza: Israeli yishe abana 200 mu minsi 3

Mu gihe impande zihanganye muri Gaza zari zatangaje agahenge, Ministeri y’Ubuzima muri...

AMAKURUInternational

U Burundi bwongeye kohereza ingabo muri DRC

Igihugu cy’u Burundi cyohereje abandi basirikare mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi...

International

RDC: Abanyekongo basabwe gukusanyiriza amaturo Wazalendo

Abayobozi b’amadini n’amatorero bakorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabwe gukusanyiriza...

Don`t copy text!