Thursday, September 19, 2024
spot_img
HomeAMAKURUPerezida Kagame na Tshisekedi baganiriye kuri telefone na mugenzi wabo wa Angola

Perezida Kagame na Tshisekedi baganiriye kuri telefone na mugenzi wabo wa Angola

Ejo hashize ku wa Kane taliki 01 Kanama 2024, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yaganiriye kuri telefone na mugenzi we wa Angola, Perezida Manuel João Conçalves Lourenço.

Aba bakuru b’igihugu bombi bagarutse ku ngingo yerekeye “guhagarika imirwano hagati y’impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Congo.” Iyi ngingo yemejwe n’abakuru ba Dipolomasi y’u Rwanda na Congo baheruka guhurira muri Angola i Luanda.

Perezidansi ya Angola yatangaje aya makuru, ntiyigeze isobanura birambuye ibyo Perezida Lourenço na Kagame bagarutseho kuri iyi ngingo.

Icyakora andi makuru ava i Luanda avuga ko ku wa Gatatu taliki 31 Nyakanga uyu mwaka, Perezida Lourenço yanahamagaye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Felix Tshisekedi nabwo baganira kuri iyi ngingo.

Iyi nama yitabiriwe n’abarimo ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba Congo n’u Rwanda, yakurikiye iyabaye hagati muri Gashyantare na Werurwe uyu mwaka, ubwo Lourenço yari yakiriye i Luanda Perezida Kagame na Tshisekedi, mu biganiro byari bigamije gushaka uko amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo yahoshwa.

Iyi mirwano yo mu Burasirazuba bwa Congo, imaze imyaka ibiri n’amezi atandatu ihanganishije M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa.

AFC/M23 iri mu ruhande rurebwa no guhagarika iyi mirwano, ejo hashize ku wa Kane yasohoye itangazo ivuga ko itazabyubahiriza, ishingiye ku kuba itarigeze yitabira ibi biganiro.

Loading

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!