Home AMAKURU Nyagatare: Urupfu rw’umusore wari umucuruzi wishwe aciwe umutwe rwavugishije imbaga
AMAKURU

Nyagatare: Urupfu rw’umusore wari umucuruzi wishwe aciwe umutwe rwavugishije imbaga

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 19 y’amavuko wakoreraga ubucuruzi buciriritse mu Murenge wa Musheri wo mu Karere ka Nyagatare yishwe n’abagizi ba nabi bamuciye umutwe.

Nyuma yo kumwica Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe.

Urupfu rw’uyu musore rwamenyekanye mu masaha ya saa yine za mu gitondo cyo ku wa Kane taliki 25 Nyakanga 2024.

Abaturage batuye muri ako gace basabye ubuyobozi guhagurukira ikibazo cy’umutekano muke, bitewe n’uko bagaragaza ko mu bihe bitandukanye hamaze kwicwa abantu bagera kuri 4 barimo n’uwo musore bakeka ko yishwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane taliki 25 Nyakanga 2024.

Umwe mu baturage batuye muri ako gace, yagize ati: “Uyu wishwe ni nk’uwa kane, ibyo byose bigaragara ko ari umutekano muke.”

Undi na we ati: “Muri make muri aka gace ntabwo ari ubwa mbere hagaragaye ubwicanyi. Hari undi bigeze kwicira muri Gatandatu undi bamwicira ku bapoloso arimo gutaha ava mu kazi kuko yakoraga ku cyuma gisya. Mubo nzi uyu abaye uwa gatatu. Ubuyobozi bwakabigizemo uruhare abantu bakora ibyo bagafatirwa imyanzuro.”

Abaturage batuye mu Murenge wa Musheri bavuga ko uretse abantu bicirwa muri uyu murenge, hari n’ikibazo cy’ubujura buciye icyuho bukomeje gufata indi ntera.

Ndamage Andrew, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musheri, yabwiye BTN TV ko abantu bane aribo barimo gukorwaho iperereza kugira ngo hamenyekane niba baragize uruhare mu rupfu rw’uwo musore wari umucuruzi.

Abaturage batuye muri uyu murenge, bavuga ko urimo insoresore zirara zigenda bagakeka ko arizo zabajujubije zibiba zinabatoborera amazu.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!