Home AMAKURU Hamenyekanye amakuru mashya ku rupfu rwa Dorimbogo
AMAKURU

Hamenyekanye amakuru mashya ku rupfu rwa Dorimbogo

Umuhanzikazi nyarwanda Nyiransengiyumva Valantine wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Dorimbogo’ yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe gito.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu taliki 27 Nyakanga 2024, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gucicikana inkuru y’akababaro, ivuga ko Dorimbogo yamaze kwitaba Imana.

Dorimbogo yazize uburwayi yari amaranye igihe gito, aho yari amaze iminsi arwaye mu Bitaro bya Kibogora biherereye mu Karere ka Nyamasheke.

Andi makuru avuga ko Dorimbogo yitabye Imana ubwo yari agejejwe mu mbuga y’ibitaro bya Kibuye, aho yari ajyanywe kugira ngo abagwe.

Bivugwa ko ubwo yari agejejwe muri ibyo bitaro n’imodoka yigenga, yagezeyo arimo asambagurika, abaganga bagerageza kugarura ubuzima bwe ariko biba iby’ubusa.

Dorimbogo yabanje kurwarira mu Bitaro bya Kibogora, baza kumusaba kujya kwicisha mu cyuma, akaba yapfuye yari agiye ku kinyuzwamo.

Dorimbogo yarembye mu minsi icumi ishize kuko we ubwe yari aherutse gutangaza ko arembejwe n’umubiri.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’umuyoboro wa You Tube witwa Urugendo TV, yumvikanye ameze nk’uri mu buribwe bukabije, atangaza ko igifu n’umutwe byamurembeje akaba atabasha kweguka aho aryamye mu bitaro.

Yavuze ko ubu burwayi bwamufashe ari mu Mujyi wa Kigali, akajya kwivuza mu bitaro byaho (kwa Nyirinkwaya mu Biryogo) agasanga bimuhenda, agahita ahitamo kujya kwivuriza mu Bitaro bya Kibogora biri hafi y’iwabo kugira ngo n’ab’iwabo bajye boroherwa no kumusura.

Icyo gihe ngo Dorimbogo yashimiye abakomeje kumwitaho bamusengera n’abamwoherezaga ingemu.

Muri icyo kiganiro kandi yabonye n’umwanya wo gusaba imbabazi abo yaba yarahemukiye, aho yagize ati: “Nintagaruka i Kigali, muzansabire imbabazi abo nahemukiye, kandi nintagaruka muzansezere neza.”

Dorimbogo yamamaye cyane mu biganiro bitandukanye yagiye akora ku miyoboro ya za You Tube itandukanye ya hano mu Rwanda.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!