Home AMAKURU Ethiopia: Abantu barenga 150 bamaze kwicwa n’inkangu abandi baracyashakishwa
AMAKURU

Ethiopia: Abantu barenga 150 bamaze kwicwa n’inkangu abandi baracyashakishwa

Ubuyobozi bwo mu gihugu cya Ethiopia, bwatangaje ko kugeza ku wa Kabiri taliki 23 Nyakanga uyu mwaka byibuze abantu 157 ari bo bari bamaze kwitaba Imana bazize inkangu muri iki gihugu.

Imvura nyinshi yateye iyi nkangu muri Zone ya Gofa mu Majyepfo ya Ethiopia, yaguye ku wa Mbere taliki 22 Nyakanga 2024.

Kugeza ubu abantu benshi ntibarabarurwa nyuma y’uko itsinda ry’abantu batwikiriwe n’ibyondo mu gihe bageragezaga gutabara bagenzi babo.

Markos Meles, uyobora ikigo gishinzwe kurwanya ibiza muri Gofa, yagize ati: “Turacyashakisha ababuze.”

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, bivuga ko hagaragaye amafoto y’abantu bacukuraga mu cyondo n’intoki, aho byabereye hagaragara abantu bashinzwe ubutabazi bacye.

Ishami rishinzwe itumanaho muri Gofa ryatangaje ko mu bapfuye harimo abagabo 96 n’abagore 50. Ikindi kandi ngo igikorwa cyo gushakisha imirambo cyirakomeje.

Dagmawi Ayele, uyobora agace kabayemo iyo nkangu, yagize ati: “Hariho abana barimo guhobera imirambo, babuze umuryango wabo wose, harimo papa, nyina n’abandi bavandimwe bose kubera ikiza.”

Yatangaje ko abantu batanu gusa ari bo bonyine bakuwe mu cyondo ari bazima.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!