Saturday, September 28, 2024
spot_img

Latest Posts

Abantu 12 barembeye mu bitaro i Masaka bikekwa ko banyoye ubushera buhumanyije

Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka mu Kagari ka Gasheshe ho mu Mudugudu wa Kagese, abaturage 12 barembeye mu bitaro bikekwa ko banyoye ubushera buhumanyije.

Ibi byabaye ubwo mu rugo rwa Mpayimana Olivier yari yasuwe na sebukwe ku Cyumweru taliki 21 Nyakanga 2024, bamuzanira ubushera n’ikigage nawe atumira abaturanyi be.

Bamwe mu baturage banyoye kuri ibi binyobwa batangiye kumva baguwe nabi mu gitondo cyo ku wa Mbere taliki 22 Nyakanga 2024.

Emma Claudine Ntirenganya, uvugira Umujyi wa Kigali, yatangaje ko abantu 12 muri 26 bari baguwe nabi ari bo barwariye mu Bitaro bya Masaka.

Yagize ati: “Bagize ikibazo ari abantu 26, bakaba bafashwe baribwa mu nda, bafite kuruka n’umuriro mwinshi. 12 bari bajyanywe ku Bitaro bya Masaka, bakaba batubwira ko bari koroherwa.”

Emma Claudine akomeza avuga ko hari gukorwa isuzuma kuri ubwo bushera kugira ngo bimenyekana niba bwari buhumanye.

Yaboneyeho no kugira inama abaturage yo kujya bita cyane ku isuku y’ibiribwa n’ibinyobwa mu gihe babitunganyiriza mu rugo, ndetse abashishikariza kujya birinda gusangirira ku muheha.

Loading

Latest Posts

spot_imgspot_img

ANDI MAKURU

error: Content is protected !!