Saturday, September 28, 2024
spot_img

Latest Posts

Congo yavuye ku izima itangiza imishyikirano na M23

Kuva kuri uyu wa Mbere taliki 22 Nyakanga 2024, Umutwe wa M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangiye ibiganiro by’ibanga bigamije guhosha amakimbirane amaze amezi arenga 24 hagati y’impande zombi.

Ku buhuza bwa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni n’uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta akaba n’umuhuza mu bibazo bya Congo, ibi biganiro biri kubera muri Uganda mu Murwa Mukuru i Kampala.

Ibi biganiro ku ruhande rwa M23 byitabiriwe n’abarimo Colonel René Abandi, wahoze ari umuhuzabikorwa ushinzwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro umutwe wa M23 wari warasinyanye na leta ya Kinshasa.

Colonel René Abandi wigeze no kuba Umuvugizi wa M23, i Kampala ari kumwe na Lawrence Kanyuka uvugira uyu mutwe mu Ishami rya Politiki.

Abandi bitabiriye ibi biganiro ku ruhande rwa M23 ni Colonel Imani Nzenze ubarizwa mu basirikare bakuru ba M23 ndetse n’uwitwa Yannick Kisola.

Leta ya Congo yo ifiteyo intumwa ziyobowe na Abbé Bahala Okw’Ibale Jean Bosco usanzwe ari umuhuzabikorwa wa gahunda ishinzwe kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi bayo (P-DDRCS).

Uyu yahoze ari umuyobozi w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru n’Itumanaho muri RDC yaherekejwe n’abarimo uwitwa Mutuale Malangu cyo kimwe na Okankwa Bukasa Anselme ibi bigaragazwa na “Ordre de mission” bahawe na Minisitiri w’Intebe wungirije wa RDC akanaba Minisitiri w’Ingabo ndetse n’abahoze ku rugamba.

Iyo Ordre de mission bahawe, igaragaza ko bagomba kumara muri Uganda iminsi itanu.

Izi nyeshyamba ziyobowe na General Sultan Makenga, zatangiye ibiganiro na Leta ya Kinshasa, mu gihe yari yararahiye ko nta biganiro izigera ikorana n’uyu mutwe wa M23.

Loading

Latest Posts

spot_imgspot_img

ANDI MAKURU

error: Content is protected !!