Home AMAKURU Umugabo ukekwaho kwica abagore 42 yatawe muri yombi na Polisi
AMAKURU

Umugabo ukekwaho kwica abagore 42 yatawe muri yombi na Polisi

Umugabo bivugwa ko ari ‘umwicanyi ruharwa’ wo muri Kenya yatawe muri yombi na Polisi, akekwaho kuba ari we wihishe inyuma y’urupfu rukabije rw’abagore icyenda.

Imibiri y’aba bagore yatemaguwe yabonwe ahacukurwaga kariyeri hatagikoreshwa hari hasigaye hajugunywa imyanda.

Polisi ivuga ko Jamaisi Khalisia w’imyaka 33 y’amavuko, yemeye ko kuva mu 2022, yishe abagore 42 barimo n’umugore we bwite.

Mu masaha y’igitondo cyo ku wa 15 Nyakanga 2024, nibwo ukekwaho icyaha yafatiwe mu kabari ubwo yari amaze kureba umukino wa nyuma wa Euro.

Kuva ku wa Gatanu haboneka umurambo wa mbere washwanyagujwe muri kariyeri ya Mukuru i Nairobi, abantu bo muri iki gihugu barakaye cyane.

Mohamed Amin, uyobora ikigo gishinzwe iperereza ku byaha (DCI), yagize ati: “Yiyemereye ko yashutse, yica kandi ajugunya imirambo y’abagore 42 aho bajugunywe, bose bishwe hagati ya 2022 ndetse no ku wa Kane taliki 11 Nyakanga 2024.”

Ucyekwaho icyaha nyuma yo gufatwa yajyanye n’abapolisi aho yabaga nko muri metero 100 avuye aho icyaha cyakorewe, nk’uko Mohamed akomeza abitangaza.

Itangazamakuru ryeretswe na Polisi bimwe mu bintu bivugwa ko byakuwe mu nzu ukekwaho icyaha yabagamo, birimo telefone 10, mudasobwa igendanwa, indangamuntu n’imyambaro y’abagore.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!