Home AMAKURU Nyuma y’uko Koffi Olomide avuze ko FARDC ikubitwa inshyi, umunyamakuru wari uyoboye ikiganiro ahuye n’isanganya
AMAKURU

Nyuma y’uko Koffi Olomide avuze ko FARDC ikubitwa inshyi, umunyamakuru wari uyoboye ikiganiro ahuye n’isanganya

Umuyobozi wa Televiziyo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RTNC), Elenge Nyembo Sylvie, yahagaritse umunyamakuru Mbuyi Kabasele Jessy wari uyoboye ikiganiro ‘Le Panier The Morning Show’ amuziza ko atavuguruje umuhanzi Koffi Olomide watangaje ko ingabo z’iki gihugu (FARDC) zikomeje gukubitwa inshyi.

Mbuyi Kabasele Jessy ku wa Gatandatu taliki 06 Nyakanga 2024, yakiriye Koffi Olomide kuri Televiziyo y’Igihugu mu kiganiro ‘Le Panier The Morning Show’, muri iki kiganiro Olomide yagarutse ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Congo, avuga ko abona amakamyo y’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 yidegembya, abayatwara ntacyo bikanga.

Yagize ati: “Nta ntambara ihari, turi gukubitwa inshyi. Baradukorera ibyo bishakiye. Nabonye amakamyo aza yidegembya, nta muntu uyahagarika. Niboneye abasirikare bacu bajyanwa ku rugamba na moto, numva amarira araje. Nta ntambara ihari, ahubwo turi gufatwa nk’abana. Mu ntambara, iyo urashe nanjye ndarasa.”

Inama Nkuru ishinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri RD Congo, ku wa Kabiri taliki 10 Nyakanga 2024, yatumijeho Kabasele na Olomide kugira ngo batange ibisobanuro kuri iki kiganiro.

Umuyobozi wa RTNC yandikiye Mbuyi Kabasele Jessy, amumenyesha ko yamuhagaritse by’agateganyo kuri Televiziyo y’Igihugu, ndetse mu rwego rwo gukumira ingaruka mbi zakurikiraho, anahagarika ikiganiro cye.

Ati: “Mu kiganiro ‘Le Panier The Morning Show’ cyatambutse taliki 06 Nyakanga 2024, mu bibazo byawe waretse umutumirwa, umuhanzi Koffi Olomide avuga ashize amanga ku ntambara y’ubushotaranyi igihugu cyakorewe. Ku ruhande rwawe ntacyo wigeze ubivigaho.”

Uyu muyobozi yasobanuriye Kabasele ko iki kiganiro gitesha agaciro ubwitange bwa Guverinoma mu guhagarika iyi ntambara yise iy’akarengane.

Agira ati: “Mfashe icyemezo cyo kuguhagarika mu mirimo yawe guhera uyu munsi kandi ikiganiro Le Panier The Morning Show kirahagaritswe kugeza ubwo hazatangirwa ibwiriza rishya.”

Iyo bigeze ku ntambara yo mu Burasirazuba bwa RD Congo, umuhanzi Koffi Olomide ntajya anigwa n’ijambo. Yanigeze kunenge igisirikare cya FARDC, avuga ko kidafite ubushobozi bwo kurinda igihugu n’abaturage.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!