Home AMAKURU Nyanza: Abakecuru barakekwaho gukubita umugore bikamuviramo gupfa
AMAKURU

Nyanza: Abakecuru barakekwaho gukubita umugore bikamuviramo gupfa

Abakecuru bo mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busoro mu Kagari ka Shyira ho mu Mudugudu wa Rucyamu baracyekwaho kwica umugore.

Amakuru avuga ko umugore witwa Nyirangaruye Esther w’imyaka 40 y’amavuko wari ucumbitse kwa Mukarusagara Anne Marie w’imyaka 60 y’amavuko basanze yapfiriye mu nzu.

Abaturage batuye muri kariya gace bavuze ko bikekwa ko yaba yarakubiswe n’umugore witwa Nyiraneza w’imyaka 61 y’amavuko ndetse n’undi witwa Uwizeyimana Francine w’imyaka 44 y’amavuko.

Ku ya 08 Nyakanga 2024 nibwo bikekwa ko nyakwigendera yakubiswe ubwo yari ku isantere, aza kujya kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Busoro ku ya 10 Nyakanga 2024, bamuha imiti.

Abaturanyi be bemeza ko yapfuye kuri uyu wa Kane taliki 11 Nyakanga 2024, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukaba rwatangiye iperereza.

Umuseke dukesha iyi bavuga ko bagerageje kuvugisha Umuyobozi w’Umurenge wa Busoro ariko ntibibashobokere.

Loading

1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!