Home AMAKURU Ngororero: DASSO arakekwa kuba inyuma y’ubujura bw’ibikoresho by’agaciro ka miliyoni 450 byibwe kompanyi
AMAKURU

Ngororero: DASSO arakekwa kuba inyuma y’ubujura bw’ibikoresho by’agaciro ka miliyoni 450 byibwe kompanyi

Umukozi w’urwego rwunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano, DASSO, arashinjwa na Kompanyi y’Abashinwa ikora umuhanda uhuza Akarere ka Nyabihu na Ngororero, gukorana n’abajura bibasiye iyi kompanyi bayiba ibikoresho.

Uyu mukozi ukorera mu Karere ka Ngororero, arashinjwa na Kompanyi y’Abashinwa yitwa Hunan Road Bridge Construction ikora umuhanda uva mu Karere ka Ngororero ujya mu Karere ka Nyabihu, kugira uruhare mu bujura bwatumye yibwa ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 450 Rwf.

Uwitwa Ntamugabumwe, umukozi ushinzwe iterambere muri iyi kompanyi, yabwiye TV1 ko uyu mukozi ukora ku rwego rwa DASSO ashinjwa n’abaturage gukorana n’abajura bakomeje kwiba ibikoresho bya kompanyi yifashisha mu kubuka umuhanda wa kaburimbo.

Umukozi ushinzwe abakozi muri kompanyi avuga ko abaturage bavuga ko uwo mukozi wo ku rwego rwa DASSO, ari we wishyura abapakira ibikoresho biba byibwe muri Kompanyi ya Hunan Road Bridge Construction.

Habinshuti Vedaste, Umukozi w’urwego rwunganira inzego z’ibanze mu mutekano DASSO, aganira na TV1 yavuze ko abamushinja gukorana n’abajura, babikora bashaka ko yimurwa agakurwa mu Murenge wa Nyange kugira ngo adatanga amakuru abafiteho.

Kompanyi y’Abashinwa ya Hunan Road Bridge Construction, ivuga ko imaze kwibwa ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 450 Rwf.

Nubwo hari abajya bajya kwiba muri iyi kompanyi bagacika, hari imodoka 4 na moto 10 iyi kompanyi yafashe, bivugwa ko zikoreshwa mu bikorwa byo kuyiba.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!