Home AMAKURU Nyuma ya Rubaya M23 ikomeje kwigarurira utundi duce
AMAKURU

Nyuma ya Rubaya M23 ikomeje kwigarurira utundi duce

Inyeshyamba z’umutwe wa M23 nyuma yo kwigarurira Rubaya, ngo ubu bongeye kwigarurira utundi duce 4.

Nk’uko amakuru ava muri Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo abitangaza ngo izi nyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zigaruriye Mululu, Runigi, biherereye mu misozi ya Kanyenzuki.

Uretse aha ngo banigaruriye agace ka Ngungu, aha ni muri Teritwari ya Masisi.

Ibi ngo byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu taliki 01 Gicurasi 2024, mu mirwano yahanganishije umutwe wa M23 n’ingabo za FARDC n’abo bafatanyije.

Andi makuru atugeraho avuga ko ubu abaturage ba Rubaya bakomeje gutekana no gutungurwa n’abasirikare ba M23, ngo kuko ubu nta rugomo rukiharangwa, nko kwambura abaturage, kubahohotera kwinjira mu maduka no mu tubari bagafata iby’ubuntu.

Ngo M23 irimo gusaba abaturage bafite intwaro kuzitanga ku bushake mu rwego rwo kwirinda ko hakomeza kuba amabandi yitwaje intwaro mu baturage.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!