Home AMAKURU Tshisekedi yongeye kugaragara mu ruhame i Kinshasa agaragaza ko afite intege nke ku maso
AMAKURU

Tshisekedi yongeye kugaragara mu ruhame i Kinshasa agaragaza ko afite intege nke ku maso

Nyuma y’icyumweru kirenga Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Félix Tshisekedi yaraburiwe irengero, yongeye kugaragara mu ruhame.

Perezida Tshisekedi yagaragaye muri Kiliziya ya Notre Dame de Fatima i Kinshasa, ku wa Mbere taliki 15 Mata 2024, ahaberaga Misa yo gusabira Musenyeri Gérald Mulumba umaze imyaka ine yitabye Imana.

Mulumba wari usanzwe ari se wabo wa Perezida Tshisekedi, mbere yo gupfa azize icyorezo cya Covid-19, yari umuyobozi w’ibiro bya Tshisekedi.

Perezidansi ya Congo yerekanye amafato uyu mukuru w’igihugu cya Congo yifatanyije n’abandi bakirisitu muri iyo Misa, gusa umurebye mu maso byagaragaraga ko afite intege nke.

Ku wa 07 Mata 2024, nibwo hamenyekanye amakuru y’uko Perezida Tshisekedi yagiriye urugendo mu gihugu cy’amahanga kitatangajwe.

Uwo munsi radio na tereviziyo y’u Bubiligi (RTBF) yatangaje ko Tshisekedi yaba yaje i Kigali mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, gusa nyuma iza kwivuguruza isaba n’imbabazi ubwo yari imaze kunyomozwa n’umuvugizi wa Perezida wa Congo Tina Salama.

Hari ku wa Gatandatu ubwo nibwo Perezida Tshisekedi yaherukaga kugaragara mu ruhame ubwo yari ayoboye umuhango wo kunga Abanyekongo bo mu bwoko bw’aba Teke n’aba Yaka bari bamaze igihe mu makimbirane yitwaje intwaro.

Umuvugizi wa Congo ahakana ko Tshisekedi yaje i Kigali yavuze ko “Yagiye mu mahanga muri dosiye zihutirwa zireba igihugu.”

N’ubwo bikemangwa, biravugwa ko Perezida Tshisekedi yari yaragiye mu gihugu cy’u Bubiligi ari i Bruxelles, bivugwa ko yari arwaye akaba ariho yivurizaga.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!