Home AMAKURU IYOBOKAMANA Itsinda ry’abaramyi Callixte & Axella bakunzwe cyane bagiye gukorera igitaramo muri Afurika y’Epfo
IYOBOKAMANA

Itsinda ry’abaramyi Callixte & Axella bakunzwe cyane bagiye gukorera igitaramo muri Afurika y’Epfo

Itsinda ry’abaramyi Callixte & Axella bakunzwe cyane bagiye gukorera igitaramo muri Afurika y’Epfo. 

Aba bahanzi bakomoka mu gihugu cy’Uburundi barakunzwe cyane muri muzika yo kuramya no guhimbaza Imana bagiye gukora igitaramo mpuzamahanga kizabera muri Afuruka y’epfo mu mujyi wa Cape town. 

Callixte na Axella  ni abahanzi basanzwe bakorera muzika yabo muri Africa y’Epfo, baritegura gukora igitaramo bise Yarambabariye.

Calixte na  Axella  ni itsinda ry’umugore n’umugabo rikomeye cyane  ryatangiye muzika bakiri bato abo bombi bayobora itsinda ry’abaramyi aho basengeraga mu Burundi nk’uko babitangaje mu kiganiro cyihariye bagiranye n’umunyamakuru w’ikinyamakuru UMURUNGA.com. 

Calixte na Axella batangarije UMURUNGA.com ko bateganya gushyira   hanze izindi ndirimbo mbere y’uko uyu mwaka wa 2024 urangira.

N’ubwo amakuru twamenye ari uko imyiteguro yo gushyira hanze iyi Album, ikorwa buri gihe, ntabwo harajya ahagaragara byinshi kuri yo cyane ko ngo hari udushya twinshi bahishiye abazitabira iki gitaramo.

Callixte na  Axella baratumira abanyarwanda n’abarundi bansanzwe batuye muri Afuruka y’epfo cyane cyane mu mugi wa  Cape town n’abandi bose  bakunda kuramya no guhimbaza Imana babasaba kuzifatanya nabo. 

Iki gitaramo kiza ku itariki 21 Mata 2024, i saa cyenda z’amanywa. 

Callixte na Axella ni itsinda ry’umugore n’umugabo

Indirimbo bitiriye Album

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

IYOBOKAMANA

Amatorero atanu yambuwe impushya zo gukorera ku butaka bw’u Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu taliki 31 Mutarama 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB,...

IYOBOKAMANA

Abapasiteri barwaniye mu rusengero rw’Itorero Angilikani bapfa amaturo

Mu materaniro yo ku Cyumweru taliki 19 Mutarama 2025, abapasiteri barwaniye mu...

IYOBOKAMANA

Ibikorwa by’abanyamadini bavuga ko bakiza indwara bigiye gukurikiranirwa hafi – Perezida Museveni

Kuri iki Cyumweru taliki 15 Ukuboza 2024, Perezida wa Uganda Yoweri Museveni,...

Don`t copy text!